00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Baterwa ipfunwe n’uko batabamazeho: Musa Fazil Harerimana ku bahekuye u Rwanda

Yanditswe na Rachel Muramira
Kuya 24 May 2025 saa 05:00
Yasuwe :

Depite Musa Fazil Harerimana yatangaje ko igikorwa cyo kwibuka kibabaza abagize uruhare muri Jenoside bagamije kumaraho Abatutsi ariko Inkotanyi zigatabara batarangije umugambi mubisha bari batangiye.

Yabigarutseho ku wa 23 Gicurasi 2025, mu gikorwa cyo kwibuka abari abakozi ba Perefegitura y’Umujyi wa Kigali (PVK) n’Amakomini yari ayigize bagera kuri 50, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ni igikorwaw cyanjirijwe no gushyira indabo kumva no kunamira Abatutsi bashyinguwe mu rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro.

Depite Sheikh Musa Fazil Harerimana, yavuze ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, batishimira ibikorwa birimo kwibuka izi nzirakarengane bavukije ubuzima, bagakomeza kubabazwa nuko batageze ku mugambi wabo wo kubamaraho, mbere yo kurokorwa n’Inkotanyi.

Aba bifashisha n’imbuga nkoranyambaga bagoreka amateka yabaye ku manywa y’ihangu.

Ati “Igikorwa cyo kwibuka gihesha agaciro abagahugujwe. Iyo twibuka twe, tuba twumva dusubiza agaciro abakambuwe, ariko ku rundi ruhande bibabaza ba bandi babikoze, kuko bumva batararangije icyo bari bariyemeje cyo kumaraho Abatutsi. Iyo twibuka birababaza”.

“ Impamvu ya mbere ibatera ipfunwe ni uko batishe Abatutsi bose nk’uko babiteganyaga. Iya kabiri ni ugutsindwa, kuko abakoze Jenoside iyo badatsinze, bakoresha uburyo bwose ngo hajyeho ubuyobozi butemera ko Jenoside yabayeho”.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, yasobanuye ko ubuyobozi bwawo bwibuka bugamije kunamira inzirakarengane z’Abatutsi, gufata mu mugongo imiryango yabo yasigaye, ndetse no guhurira hamwe nk’abayobozi b’uyu mujyi bakibukiranya ibyo bakora, bigira ingaruka mbi cyangwa nziza ku baturage bashinzwe kuyobora.

Ati “Mu nshingano zacu za buri munsi muri serivisi dutanga, mu byemezo dufata no mu byo dukora byose, duharanire gukora ibituma amahano yabaye atazasubira”.

Visi Perezida wa IBUKA, Muhongayire Christine, yahaye icyubahiro Inkotanyi zatabaye Abatutsi bicwaga zikanabohora igihugu.

Ati "Iyo umuntu avuga Inkotanyi mwumve wa muntu ukugezeho habura gato inkota yakuwe mu rwubati, ariko zikaguha ukuboko zikakubwira ngo humura wowe ntugipfuye humura uzabaho. Mwarakoze! Abazungu baradutaye, mwebwe mwaradutabaye”.

Umushakashatsi akaba n’umwanditsi, Tom Ndahiro yavuze ko kwibuka ari ugusubiza agatima impembero no kunamira inzirakarengane z’Abatutsi zazize uko zavutse, gusa kwiyubaka na byo bikaba inshingano y’uwabashije kurokoka akusa ikivi cy’abo baziranenge.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva na Sheikh Musa Fazil Harerimana bacana urumuri rw'icyizere
Abatutsi bagera kuri 50 bazize Jenoside bibutswe ku nshuro ya 31
Bavuze ko bifuza Umujyi utarangwamo icyasha n'amacakubiri
Sheikh Mussa Fazil Harerimana yavuze ko kwibuka bibabaza ba bandi babikoze
Gasasira Jean Marie Mourice Sadam yatanze ubuhamya bw'inzira y'umusaraba yanyuzemo nyuma yo kurokoka yinjira mu nkotanyi
Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, yasabye bagenzi be guharanira gukora ibituma amahano yabaye atazasubira
Ni igikorwa kitabiriwe n'inzego za leta zitandukanye
Umujyi wa Kigali wibutse abatutsi bishwe muri jenoside bari abakozi bawo
Visi Perezida wa IBUKA, Christine Muhongayire, yahaye icyubahiro Inkotanyi zatamuruye umwijima w'icuraburindi zikimakaza ubwiyunge n’amahoro
Uwahagarariye imiryango yibukwaga, yavuze ko Umujyi wa Kigali ubaba hafi umunsi ku wundi
Umujyi wa Kigali w'ubu utandukanye cyane n'uwa kera, kuko nta macakubiri awurangwamo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .