00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Barore yagizwe Umuyobozi Mukuru wa RBA

Yanditswe na Iradukunda Serge
Kuya 14 December 2023 saa 08:08
Yasuwe :

Barore Cléophas wari usanzwe ari umunyamakuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) yagizwe Umuyobozi warwo, Arthur Asiimwe wari usanzwe muri uyu mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru Wungirije muri Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Izi mpinduka mu buyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru zatangajwe kuri uyu wa Kane, tariki 14 Ukuboza mu 2023, binyuze mu itangazo ryavuye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Barore Cléophas yagizwe Umuyobozi Mukuru wa RBA nyuma y’igihe gito cyari gishize agizwe Umujyanama wa Arthur Asiimwe wayiyoboraga.

Uyu mugabo ni umwe banyamakuru bakunzwe bitewe n’ubuhanga yagiye agaragaza mu gusoma ibinyamakuru mu kiganiro ‘Makuru ki mu binyamakuru?’ kuri Radio Rwanda kiba buri wa Gatandatu, ndetse akundirwa uburyo ayobora ibiganiro kuri Radio na Televiziyo Rwanda.

Barore asanzwe ari Umuyobozi w’Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura, RMC. Yatorewe kujya muri uyu mwanya ku wa 9 Ukuboza 2016 mu Nteko Rusange yahuje abanyamuryango barimo abanyamakuru n’abayobozi b’ibitangazamakuru 283. Yasimbuye Muvunyi Fred wavuye mu gihugu muri Gicurasi 2015.

Arthur Asiimwe yari amaze imyaka 10 ku buyobozi bwa RBA kuko yageze muri uyu mwanya mu 2013. Iyi Nama y’Abaminisitiri yamuhaye inshingano zo kuba Ambasaderi wungirije muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Barore Cléophas wari usanzwe ari umunyamakuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) yagizwe Umuyobozi warwo
Arthur Asiimwe yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije muri Ambasade y'u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages