00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Banki ya Kigali yahembye imishinga myiza mu marushanwa ya BK Hackathon

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 23 June 2025 saa 02:12
Yasuwe :

Banki ya Kigali yahembye imishinga 10 arenga miliyoni 75 Frw mu marushanwa ya BK Hackathon, aho umushinga wa mbere wegukanye igihembo cya miliyoni 20 Frw.

Ni igikorwa cyabaye ku wa 20 Kamena 2025. Imishinga icumi yageze mu cyiciro cya nyuma cy’aya marushanwa yarahembwe, itatu muri yo itsindira igihembo nyamukuru.

BK Hackathon ni amarushanwa yateguwe na Banki ya Kigali, yari agamije guhanga udushya n’ibisubizo bishingiye ku ikoranabuhanga, bishobora kwifashishwa mu kunoza serivisi iyi banki itanga. Abahatanye ni abakozi ba BK gusa.

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi, yavuze ko impamvu aya marushanwa yahaye umwihariko abakozi ba Banki ya Kigali, ari uko ari abakozi b’abahanga, bazi ibibazo bahura na byo buri munsi mu kazi bakora.

Ati “Ubundi iyo umuntu ari gushaka udushya arebera ahandi akabizana muri banki kugira ngo turebe ko twakomeza kwiteza imbere, ariko twasanze dufite abakozi bafite ubumenyi, bazi n’ibibazo banki ihura na byo. Twasanze aho kujya gushakira udushya ahandi twahera iwacu.”

Imishinga yatsinze izashyirwa mu bikorwa na Banki ya Kigali mu gukomeza guteza imbere serivisi zinoze muri Banki ya Kigali.

Mu mishinga itatu yatsinze uwa mbere watsindiye miliyoni 20 Frw, uwa kabiri utsindira miliyoni 15 Frw, uwa gatatu utsindira miliyoni 10 Frw, isigaye yose ihabwa miliyoni 5 Frw zo kuba yarageze ku cyiciro cya nyuma.

Umushinga wegukanye igihembo nyamukuru ni uw’itsinda rya Nawe Byakubera. Uzafasha abakora ubucuruzi buto n’ubuciriritse kubika amakuru y’ubucuruzi bwabo bidasabye kwandika mu ikayi.

Djasmine Busoro Isimbi wari uyoboye itsinda rya Nawe Byakubera, yavuze ko icyo umushinga wabo wari ugamije ari ugutuma abakiliya ba Banki ya Kigali batumva ko ari banki ibaha amafaranga gusa, ahubwo ishobora no kubaha izindi serivisi zibafasha mu bucuruzi.

Ati “Turashaka ko buri munyarwanda aho ari yiyumvamo Banki ya Kigali nka banki yizeye, atari uko imubikira amafaranga cyangwa imuha inguzanyo, ahubwo kuko imuha n’izindi serivisi ashobora kwifashisha mu bucuruzi bwe kugira ngo abashe gutera imbere.”

Uyu mushinga ni porogaramu y’ikoranabuhanga izajya ifasha umucuruzi gushyiramo amakuru y’ubucuruzi bwe, nk’ibyo yaranguye, ibyo yacuruje, amafaranga yungutse cyangwa se ayo yahombye. Izajya inamuha inama ku nguzanyo ashobora guhabwa za Banki ya Kigali bitewe n’ingano y’amafaranga afite n’imiterere y’ubucuruzi bwe.

BK Hackathon yatangiranye n’abantu bagera kuri 300 batanze imishinga itandukanye, gusa muri yo icumi ni yo yabashije kugera ku cyiciro cyanyuma.

Aya marushanwa Banki ya Kigali yifuza ko yajya aba buri mwaka mu guteza imbere ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi.

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Diane Karusisi yavuze ko amarushanwa ya BK Hackathon yateguriwe urubyiruko rukora muri BK kuko rushoboye
Akanama nkemurampaka gasobanurirwa imishinga yageze ku cyiciro cya nyuma cya BK Hackathon
Umushinga wahawe izina rya Inkindi ni wo watsindiye igihembo nyamukuru cya miliyoni 20 Frw
Itsinda rya BK 360 ni ryo ryabaye irya kabiri muri aya marushwanwa, ritsindira miliyoni 15 Frw
Umushinga Kira ni wo wabaye uwa gatatu muri aya marushanwa, utsindira miliyoni 10 Frw
Imishinga yose yageze ku cyiciro cya nyuma cya BK Hackathon, itabashije gutsinda yahawe miliyoni 5 Frw
Djasmine Busoro Isimbi asobanura uko Inkingi izajya ifasha abacuruzi bakora ubucuruzi buto n'ubuciriritse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .