00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ashton Hall yahaye Kagarara imodoka na miliyoni 7 Frw (Amafoto)

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 10 July 2026 saa 09:50
Yasuwe :

Enock Uwizeye uzwi nka ‘Kagarara’ yahawe imodoka yo mu bwoko bwa KIA Sportage n’igishoro cy’arenga miliyoni 7,5 Frw (5000$) n’Umunyamerika Ashton Hall wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga kubera gukora siporo zidasanze by’umwihariko kwiruka.

Ibyo byabaye ubwo Ashton Hall, Indian Ashton Hall na Ashton Small uzwi nka Kagarara bazengurukaga ibice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali ku wa 10 Nyakanga 2026, mu bikorwa bya Ashton Hall byo kuzenguruka Afurika.

Ni ibikorwa bakoze guhera mu gitondo cyo ku wa 10 Nyakanga 2026 aho uyu Munyamerika na Kagarara wahawe izina rya ‘Ashton Small’ na Indian Ashton basuye BK Arena bakinana n’abo bahasanze umukino wa Basketball.

Aho kandi ni ho bahuriye na Iradukunda Wilson wamamaye nka Rutambi ku mbuga nkoranyambaga, watanze ikizamini cyo guhangana na we, bagakurura moto ebyiri ziri kugenda ibyo Ashton Hall yashoboye ariko Indian Ashton Hall biramunanira.

Ni mu gihe Ashton Small (Kagarara) yatsinze Rutambi mu gukora ’pompage’ yongera gushimangira ko ari umwami w’iyi siporo.

Bavuye BK Arena bakomereza muri Stade Amahoro, bahava bajya muri Zaria Court, aho bahuriye na Mudahigwa Emmanuel uzwi ku izina rya ‘Fils’ kuri ubu wiyise ‘Ashton Big’.

Bahavuye berekeza muri Kigali Universe ari na ho batunguriye Kagarara bamuha imodoka na cheque ya 5000$.

Ni ibintu byatunguye Ashton Small (Kagarara) cyane ndetse agaragaza amarangamutima.

Ahantu hose Ashton Hall yagiye yajyanye na Ashton Hall (Kagarara) dore ko ubwo yageraga i Kigali yavuze ko Ashton Small ari we watume amenya u Rwanda.

Ati “Mvugishije ukuri, mbere ntabwo nari nzi u Rwanda. Ni Ashton Small watumye ndumenya.”

Ku wa 16 Kamena 2026 ni bwo Ashton Small yasangije abamukurikira amashusho atumiramo Ashton Hall gusura u Rwanda no kwibonera impano zidasanzwe z’Abanyarwanda bafite ubumuga.

Kuva icyo gihe, izina rya Ashton Small ryatangiye kwamamara cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho kuri ubu abarirwa mu Banyarwanda bafite umubare munini w’abamukurikira kuri Instagram kuko barenze ibihumbi 300.

Kwamamara kwe kwihuse bitewe ahanini n’urugendo amaze iminsi akorana na Ashton Hall, Umunyamerika wamamaye ku mbuga nkoranyambaga kubera amashusho agaragaza imyitozo ikomeye akora, by’umwihariko iyo kwiruka.

Ashton Hall aherutse gutangaza ko yiyemeje gufasha Ashton Small kugera nibura ku bamukurikira miliyoni kuri Instagram, ndetse no kumushyigikira mu bindi bikorwa bitandukanye.

Mu rugendo rwabo ruzenguruka Afurika, u Rwanda rubaye igihugu gikurikiye Ghana, Cameroun, Nigeria na Bénin bagezemo.

Kagarara yahawe imodoka yo mu bwoko bwa KIA
Ashton Hall na Ashton Small bari kuzenguruka ibice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali
Ashton Hall yashimye umuhati wa Kagarara wo guharanira kugera ku nzozi ze
Abantu benshi bakiranye urugwiro Ashton Hall na Ashton Small (Kagarara)
Ashton Hall yahaye Kagarara imodoka
Kagarara yashimye Ashton Hall wamuhaye imodoka
Ashton Hall na Ashton Small bari kuzengurukana ibihugu bya Afurika
Ashton Hall yahuye na Fils wiyise Ashton Big
Ashton Hall na Kagarara beretswe urukundo n'Abanyakigali
Ashton Hall yakiriye Ashton Big baraganira
Ashton Hall na Kagarara babaye inshuti zikomeye
Ubwo Ashton Hall, Ashton Small na Indian Ashton Hall bageraga muri Stade Amahoro
Ashton Hall yakuruye moto zigenda azirusha ingufu
Ashton Hall yatunguwe n'uburyo Rutambi yubatse umubiri
Kagarara yahize Rutambi mu gukora 'pompage'
Ashton Hall yaryohewe na Basketball muri BK Arena
Ashton Hall yakiniye Basketball muri BK Arena
Kagarara yakiriwe muri BK Arena agaragaza ubushobozi bwe
Ashton Hall na Indian Ashton Hall bageze muri BK Arena
Ashton Hall yahawe ikaze muri BK Arena

Amafoto: Cyubahiro Key na Nzayisingiza Fidèle


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages