Aba-caridinal ba Kiliziya Gatolika bahamagawe ngo bajye i Vatican ku wa 22 Mata 2025, kugira ngo bategure umuhango w’ishyingurwa rya Papa Francis witabye Imana ku wa 21 Mata.
Antoine Cardinal Kambanda yavuye mu Rwanda ku mugoroba wo ku wa 22 Mata 2025. Ni mu gihe aba-Cardinal bategerejwe i Vatican mu myiteguro yo gushyingura Papa Francis barenga 135.
Papa azashyingurwa ku wa 26 Mata 2025. Abakuru b’ibihugu bitandukanye na za Guverinoma barimo Keir Starmer, Donald Trump, Igikomangoma William na Perezida Luiz Inácio Lula da Silva wa Brésil bamaze kwemeza ko bazitabira umuhango wo gushyingura Papa Francis.
Bitandukanye n’abandi, Papa Francis azashyingurwa muri Bazilika yitiriwe Mutagatifu Mary Major, aho kuba muri Bazilika yitiriwe Mutagatifu Petero.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!