Itangazo MINEDUC yashyize ahagaragara kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Kamena, rivuga ko ibyo byatekerejweho mu rwego rwo kwirinda ko iyi nama yabangamira ingendo z’abanyeshuri n’abarimu babo.
Rikomeza rivuga ko amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali azafunga kuva ku wa 20 kugeza 26 Kamena, ibizamini bisoza igihembwe cya gatatu ku banyeshuri bakurikira integanyanyigisho y’u Rwanda bikazatangira ku wa 27 Kamena mu gihugu hose.
Abanyeshuri biga bataha mu Mujyi wa Kigali bazakomeza gusubiramo amasomo bari mu ngo z’iwabo mu gihe abiga bacumbikiwe bazaguma mu bigo byabo.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!