00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amajyepfo: Ibishanga bya hegitari zisaga 3500 bigiye gutunganywa

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 24 January 2025 saa 07:00
Yasuwe :

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yatangaje ko ibishanga 26 byo mu turere dutandukanye tw’iyi ntara bizatunganywa, muri gahunda yo kongera umusaruro ubikomokamo ngo ufashe abaturage kwiteza imbere.

Gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu yo kwihutisha Iterambere (NST2) iteganyijwemo ibikorwa bitandukanye byo kongera umusaruro, hibandwa ku gutunganya ibishanga no gukora amaterasi y’indinganire mu bice bitandukanye by’igihugu.

Intara y’Amajyepfo ibarizwamo ibishanga bihingwamo umuceri, ibigori , soya, imboga ariko ibyangiritse bituma umusaruro ubivamo uba muke.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yabwiye IGIHE ko mu myaka itanu iri imbere bazatunganya ibishanga 26 mu turere dutandukanye bifite ubuso busaga hegitari 3.520.

Ibi ngo bizaherekezwa no kongera ubuso bw’amaterasi y’indinganire, kuzamura umubare w’abakoresha imbuto nziza z’indobanure, kuzamura ikigero cyo gukora ifumbire no kurwanya isuri.

Mu Ntara y’Amajyepfo habarurwa ibishanga bingana hegitari 14.439, ibitunganyije bikaba hegitari 7.389.

Umuceri ni wo uhingwa cyane mu bishanga byo mu Majyepfo, aho wiganje mu Karere ka Gisagara, bitabujije ariko ko hari n’utundi turere dutanu tuwuhinga ari two Nyanza, Huye, Ruhango, Muhanga na Kamonyi.

Guverineri Kayitesi kandi yavuze ko ubworozi na bwo buzibandwaho hongerwa inka zitanga umukamo, aho hari imishinga ibiri minini izabigiramo uruhare.

Ati "Dufite imishinga ibiri minini ya RIPPLE EFFECT na RDDP II izadufasha kongera inka zitanga umukamo no kongera ubuso bw’ubwatsi bwiza bugaburirwa amatungo. Izaba yunganira umushinga wa RAB-Songa, izakomeza gukora nk’ikigo cy’icyitegererezo mu kuzamura icyororo kandi ikacyegereza aborozi."

Muri iyi gahunda hateganyijwemo ibikorwa byo kongera inganda n’amakusangirizo y’umukamo w’amata no kongera amabagiro y’ingurube, inkoko n’ihene.

Ati "Ni na gahunda yari yatangiye hari aho twari twatangiye kubaka amabagiro, nka Nyamagabe rirahari, i Huye na Ruhango, ariko tuzakomeza no kugenda tuyubaka no mu tundi turere.”

Hari ibishanga byuzura amazi, kubihinga mu mvura ntibibe bigishobotse, abaturage bagahora batakambira Leta ngo ibibatunganyirize.
I Gisagara, akarere ka mbere gahinga umuceri mwinshi mu Ntara y'Amajyepfo, na ho hagaragara bimwe mu bishanga bikeneye gutunganywa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .