00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amadini n’Amatorero yo mu Rwanda yasabye abahanganye mu ntambara yo muri RDC kuganira

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 11 February 2025 saa 07:20
Yasuwe :

Ihuriro ry’Amadini n’Amatorero mu Rwanda, RIC, ryatangaje ko rihangayikishijwe n’intambara imaze iminsi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanagize ingaruka ku miryango y’Abanyarwanda ituriye umupaka, isaba abantu gutanga imfashanyo ku bagizweho ingaruka, impande zihanganye zikayoboka inzira y’ibiganiro nk’umuti urambye wo gukemura ikibazo.

Intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC yubuye mu 2021, ihanganishije ingabo za Leta FARDC n’umutwe wa M23 urwanira uburenganzira bw’Abatutsi bo muri Congo n’Abavuga Ikinyarwanda bamaze imyaka myinshi bahohoterwa bakanicwa.

Muri Mutarama 2025 uyu mutwe wakajije umurego mu mirwano bituma wigarurira ibice byinshi by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru harimo n’Umujyi wa Goma.

Itangazo ry’Ihuriro ry’Amadini n’Amatorero mu Rwanda, RIC, ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru waryo, Musenyeri Laurent Mbanda, rigaragaza ko abashumba barihuriyemo bahangayikishijwe n’ingorane ikiremwa muntu kiri kunyuramo mu Burasirazuba bwa RDC, ndetse bifatanyije n’imiryango yabuze ababo, abakomeretse, abavuye mu byabo n’abasizwe iheruheru n’iyi ntambara.

Musenyeri Mbanda ati “RIC ihamya ko iyo habaho ubushake bwa politike ku mpande zihanganye ibi byago by’agahomamunwa byari kwirindwa.”

Ku wa 8 Gashyantare 2025 abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, n’uw’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo, SADC, bahuriye muri Tanzania, bemeranya ku nzira zafasha gukemura ikibazo cy’intambara muri RDC.

Muri zo harimo n’ibiganiro bigomba guhuza impande zose zirimo RDC, M23 n’u Rwanda, bagafatanya gukemura ikibazo bagihereye mu mizi.

Mu gihe M23 yafataga Goma hari abahise bahungira mu Rwanda, bashyirwa mu nkambi y’agateganyo ya Rugerero, abandi bahungira mu bice bitandukanye bya RDC.

Hari benshi mu banye-Congo babwiye IGIHE ko inzu n’imitungo byabo byatikiriye muri iyi ntambara, bagasaba ubufasha mu gihe baba basubiye iwabo.

Ku rundi ruhande amasasu yarashwe mu Rwanda na FARDC ifatanyije n’itsinda rigari ry’imitwe yitwaje intwaro yahitanye abantu 16, inzu eshanu zirasenyuka.

Imibare igaragaza ko muri Goma haguye abantu 3000 barimo abarenga 2500 ba FARDC na Wazalendo.

RIC isaba abayoboke b’amadini n’amatorero gusengera akarere ngo intambara zihagarare ariko ikanatabariza abagizweho ingaruka n’intambara ngo bagobokwe.

Musenyeri Mbanda ati “Turasaba abafite umutima utanga guha imfashanyo imiryango yagizweho ingaruka n’intambara.”

Umuyobozi Mukuru wa RIC, Musenyeri Laurent Mbanda yavuze ko kuganira bagasasa inzobe byatuma ibibazo by'intambara muri RDC biranduka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .