Ni nyuma y’impinduka zakozwe muri Guverinoma mu ijoro ryo ku wa 10 Kamena 2026, zasize uwari Minisitiri w’Ibikorwaremezo n’Umunyamabanga wa Leta bombi basimbujwe. Ahandi habaye impinduka ni muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda aho Sebahizi Prudence yasimbuwe n’uwari Umunyamabanga Uhoraho muri MINICOM.
Ubutumwa Sebahizi yashyize kuri konti ya X amaze kumenya ko yasimbujwe, bugaragaza ko ashimira Perezida Kagame wamuhaye amahirwe yo kuba Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inanda, umwanya yari amazeho imyaka ibiri.
Ati “Nashimishijwe no gukorana n’abandi baminisitiri n’abo muri MINICOM mu guteza imbere inganda, guteza imbere urwego rw’abikorera, ubucuruzi bukoresheje ikoranabuhana n’ukwihuza kw’akarere. Ntewe ishema n’ibyo twagezeho dufatanyije.”
I deeply thank H.E. @PaulKagame for the honour of serving as Minister of Trade & Industry over the past two years. I cherished working with Cabinet colleagues and the @RwandaTrade team to advance industrialization, private sector growth, digital trade & regional integration.…
— Prudence Sebahizi (@P_Sebahizi) June 10, 2026
Yavuze ko yishimira ibyo bagezeho bafatanyije, ashimangira ko ari intambwe ikomeye mu iterambere ry’ubukungu bw’Igihugu.
Tariki ya 16 Kanama 2024, ni bwo Perezida Paul Kagame yashyizeho abagize Guverinoma n’abandi bayobozi batandukanye. Icyo gihe ni bwo Prudence Sebahizi yagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), asimbuye Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome.
Yashimiye uwamusimbuye muri izi nshingano, Kajangwe Antoine Marie amwifuriza ishya n’ihirwe, ndetse yemeza ko ari umwanya yahawe awukwiye kandi ko yizeye ko azakomeza gusigasira ibyagezweho.
Undi wanditse ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga nyuma yok uva mu nshingano yari afite ni Amb Uwihanganye Jean de Dieu wari umaze hafi umwaka ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo.
Ati “Nyakubahwa Perezida, mwarakoze ku mahirwe yo gukorera igihugu mwampaye, ubujyanama n’ubufasha. Nshimishwa n’umurava n’ubufatanye biranga abakozi ba Minisiteri y’Ibikorwaremezo. Niteguye gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu cyanjye, kandi nifuriza ubuyobozi bushya bwa MININFRA kugera ku ntego.”
Your Excellency the President ;
Thank you for the opportunity to serve and for the guidance and support along the way. I am grateful to the @RwandaInfra’s team for their hard work and collaboration. I remain committed to contributing to my country’s progress and wish the new…
— Jean de Dieu UWIHANGANYE (@Jadouwihanganye) June 10, 2026
Uwihanganye yari yinjiye muri Guverinoma muri Nyakanga 2025 avuye guhagararira u Rwanda muri Singapore.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!