Airtel Rwanda ku bufatanye n’umuryango mpuzamahanga ushinzwe abimukira (IOM), bahaye impunzi zo mu nkambi ya Mahama ingufu zituruka ku mirasire y’izuba, imyenda,inkweto, mudasobwa n’ibindi.
ingufu zituruka ku mirasire y’izuba zizifashishwa mu gutanga serivisi z’ubuvuzi by’umwihariko kwita ku barwayi no mu masaha akuze.
Umunyana Denise ushinzwe ibikorwa bya rubanda n’itumanaho muri Airtel Rwanda yavuze ko icyo bagamije ari uguteza imbere imibereho y’abaturage atari ukubaha serivisi nziza mu bijyanye n’itumanaho gusa, ahubwo no kubaha ibindi byose bakenera mu mibereho myiza.
Yagize ati “Twegera abaturage bakeneye gufashwa. Uyu munsi twaje gutanga umusanzu wacu mu guteza imbere imibereho myiza y’impunzi mu nkambi ya Mahama, turizera ko bizabagirira akamaro mu buzima bwabo.”
Iyi nkambi ya Mahama ifashwa n’abafatanyabikorwa ba Ministeri yo kurwanya Ibiza no gucyura impunzi MIDIMAR batandukanye barimo UNHCR, UNICEF, WFP, ADRA, World Vision, Plan International, Save the Children n’abandi.
Inkambi ya Mahama icumbikiye impunzi z’Abarundi zigera ku bihumbi 43, bahunze imvururu za Politiki mu gihugu cy’u Burundi.
Cyprien Niyomwungeri
[email protected]



















TANGA IGITEKEREZO