00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Africa News Agency yizihije imyaka 10 iteza imbere itangazamakuru rya Afurika

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 12 January 2025 saa 05:02
Yasuwe :

Ikigo cy’Itangazamakuru cya Africa News Agency (ANA) cyizihije imyaka 10 kimaze gitanga amakuru yibanda ku guteza imbere ibigo bito n’ibiciriritse bifite uruhare runini mu bukungu bwa Afurika.

Iki gikorwa cyabaye ku wa 10 Mutarama 2025 cyaranzwe no gushimira ariko hanaragazwa zimwe mu mbogamizi urwego rw’itangazamakuru rugihura na zo, cyane cyane itangazamakuru rya Afurika.

ANA yatangijwe mu 2015 igamije gufasha ibitangazamakuru byo muri Afurika n’ibindi mpuzamahanga kubona amakuru yizewe kandi y’umwihariko ku bukungu n’iterambere rya Afurika.

Ifite amashami mu mijyi 10 yo muri Afurika harimo n’u Rwanda igakorera no mu Burayi.

Umuyobozi Mukuru wa ANA, Dounia Ben Mohamed, yavuze ko intego nyamukuru y’iki kigo ari ukugaragaza isura nziza ya Afurika, no kwibanda ku iterambere rishingiye ku rubyiruko n’abashoramari b’Abanyafurika, yemeza ko babigezeho, nubwo urugendo rukomeje.

Yashimiye abafatanyabikorwa bakoranye mu myaka 10 ishize avuga ko ari bo babafashije kugera bageze ubu. Ati “Mwadufashije kugera ku ntego zacu no guteza imbere itangazamakuru ryo muri Afurika."

Uyu muhango wahurije hamwe abafatanyabikorwa ba ANA bo mu nzego zitandukanye nko mu itangazamakuru, inzego za leta, n’iz’abikorera, baganira ku mahirwe n’inzitizi zikigaragara mu itangazamakuru rya Afurika.

Umuyobozi ushinzwe itumanaho akaba n’Umuvugizi w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, Oria Kije Vande Weghe, yagarutse ku bibazo bikiri mu itangazamakuru ryo muri Africa.

Mu bibazo yagarutseho birimo nk’ubunyamwuga buke kuri bamwe bakora itangazamakuru, kudakoresha no kutihugura mu bijyanye n’ikoranabuhanga cyane cyane iry’ubwenge bw’ubukorano (AI), inzego z’abikorera zidashora imari mu bitangazamakuru n’ibindi.

Yagize ati “Ni ingirakamaro cyane kugira igitangazamakuru gikora kinyamwuga, itangazamakuru rigira uruhare runini muri sosiyete yacu ariko turacyahura n’imbogamizi. Ibintu byo gukura inkuru ahandi ukayandukura bigomba guhagarara mu itangazamakuru, abanyamakuru bakajya gushaka inkuru aho zabereye bagatanga amakuru nyayo yizewe”.

Yakomeje avuga ko ikoranabuhanga ryiyongereye ku Isi kandi ryageze no mu itangazamakuru ariko hakwiye kumenywa uko rikoreshwa hirindwa ibibazo ryateza mu gihe ryaba rikoreshejwe nabi.

ANA kandi yamuritse gahunda nshya yiswe ANA school, igamije kongerera ubumenyi abana n’urubyiruko mu bijyanye n’itangazamakuru n’ikoranabuhanga, kumenya amakuru ajyanye n’abana n’urubyiruko, no guhuza urubyiruko n’abana bo hirya no hino cyane ku Isi by’umwihariko muri Afurika.

Umuyobozi Mukuru wa ANA, Dounia Ben Mohamed, yashimiye abafatanyabikorwa bakoranye n'icyo kigo mu myaka 10 ishize
Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru n’Ubuvugizi bw’Umunyamabanga mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, Oria Kije Vande Weghe yagaragaje ibibazo bikigaragara mu itangazamakuru nk'ubunyamwuga buke, amikoro make n'ibindi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .