00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abo mu Burengerazuba basabwe gutanga amakuru ku bo muri FDLR baherutse guhungira mu Rwanda

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 12 March 2025 saa 11:14
Yasuwe :

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko mu mirwano imaze iminsi ibera mu Burasirazuba bwa Congo hari abarwanyi ba FDLR batsinzwe n’Umutwe wa M23 bahungira mu Rwanda, asaba abaturage gutanga amakuru y’aho baherereye mu rwego rwo kwirinda ko bagirira nabi u Rwanda.

Yabitangaje ku wa 12 Werurwe 2025 mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ari kugirira mu Karere ka Rutsiro.

Mu mirwano imaze iminsi ishyamiranyije umutwe wa M23 n’ihuriro ry’ingabo za RDC rigizwe n’imitwe irimo na FDLR igizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, hari abarwanyi ba FDLR bafashwe abandi barahunga.

Mu bahunze harimo abahungiye mu turere two mu Ntara y’Iburengerazuba no mu miryango yabo nk’uko bisobanurwa na Guverineri Ntibitura.

Ati "Bamwe rero binjiye mu gihigu cyacu rwihishwa, yewe hari n’abafite imiryango hano mu Rwanda, bahise bihutira kuyihungiramo. Murasabwa gutanga amakuru kuri abo bantu baje bihishe, nubwo yaba ari mwenewanyu, cyangwa ari umuvandimwe wawe, cyangwa umwana wawe.”

Yakomeje ati “Turabasaba ko mutanga amakuru ku nzego z’umutekano no ku nzego z’ubuyobozi kugira ngo niba hari n’abantu baje muri ubwo buryo bafite n’umugambi wo guhungabanya umutekano wacu, dufatanye namwe kubikumira".

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko mu Karere ka Rutsiro, Guverineri Ntibitura Jean Bosco, yasuye imirenge ya Kivumu, Kigeyo na Nyabirasi akaba azakurikizaho imirenge ya Ruhango, Mushonyi, Musasa na Boneza.

Guverineri Ntibitura yasabye abaturage gutanga amakuru ku barwanyi ba FDLR batsinzwe na M23 bagahungira mu Rwanda
Abaturage b'Akarere ka Rutsiro biyemeje gutanga amakuru hirindwa ko hari uwahungabanga umutekano w'u Rwanda
Iyi nama yitabiriwe n'abayobozi mu nzego zinyuranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .