Iyi gahunda ngarukamwaka itegurwa n’ihuriro ’Rwanda Leaders Fellowship’, risanzwe ritegura ibikorwa bigamije gusengera igihugu no kumva inyigisho zihuza ijambo ry’Imana n’imiyoborere myiza.
’National Prayer Breakfast’ iba buri mwaka ikabanzirizwa n’inama ihuza abayobozi bakiri bato mu nzego za leta, abikorera n’abanyeshuri, ‘Young Leaders Conference’, yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Mutarama 2017, ikabera muri Serena Hotel.
Gusengera igihugu muri uyu mwaka byitabiriwe n’abagera kuri 700, hagamijwe ’gushima Imana, gusengera umwaka mushya no kumva icyo ivuga ku miyoborere myiza’ nk’uko umuyobozi w’ihuriro ritegura aya masengesho Pasiteri Antoine Rutayisire yabibwiye IGIHE.
Abayobozi bakuru b’igihugu guhera kuri Perezida Paul Kagame na Madamu, Perezida wa Sena, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, abaminisitiri, abayobozi b’amatorero n’amadini n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye bose byitezwe ko bitabira iki gikorwa.
Mu bashyitsi batumiwe muri uyu mwaka barimo abaturutse mu bihugu bitandukanye birimo u Budage, Nigeria, Repubulika ya Congo, Uganda bayobowe na David Bahati usanzwe ari umunyamabanga wa Leta muri Uganda,Kenya, abo mu Burundi bayobowe na Prosper Turimuki, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abaturutse muri Tanzania bayobowe na Peter Nkayagwa n’abaturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye iki gikorwa.



















TANGA IGITEKEREZO