00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abatwara moto basabwe kubahiriza Parikingi zashyizweho

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 January 2025 saa 07:21
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda irashishikariza abatwara moto kubahiriza amabwiriza agenga umuhanda birinda guparika ahatemewe mu rwego rwo kwirinda guteza impanuka n’akajagari mu muhanda.

Ni mu butumwa abatwara moto mu Mujyi wa Kigali bahawe mu mpera z’iki cyumweru, ubwo basurwaga n’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda (TRS) muri parikingi zitandukanye zabashyiriweho mu Mujyi wa Kigali.

Ni mu gihe kugeza ubu mu Mujyi wa Kigali kuva hatangijwe gahunda yo gushyiraho parikingi zagenewe abatwara abagenzi kuri moto, kuri ubu habarurwa izigeze ku munani zimaze gukorwa, akaba ari gahunda izakomeza hirya no hino mu gihugu.

Parikingi enye ziherereye Nyabugogo mu Karere ka Nyarugenge; ahakikije ikigo abagenzi bategeramo imodoka (Gare); indi ikaba hafi ya Gare yo mu Mujyi ahazwi nka Downtown.

Mu Karere ka Kicukiro parikingi iri ku marembo ya Gare ya Nyanza izindi ebyiri zikaba zarashyizwe mu Karere ka Gasabo; ku Giporoso ahazwi nko kuri Sabans na Kimihurura.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda; SP Emmanuel Kayigi yavuze ko parikingi zashyiriweho abatwara n’abatega moto zizafasha kunoza iyi serivisi, bigakorwa mu ituze hirindwa akajagari n’umuvundo.

Ati "Gahunda yo gushyiraho parikingi za moto yitezweho guca umuvundo n’akajagari byajyaga bigaragara bikabangamira urujya n’uruza rw’ibinyabiziga. Nk’uko ibigo abagenzi bategeramo imodoka bizwi kandi bifasha koroshya iyi serivisi, turashishikariza abatwara moto nabo kubahiriza parikingi zashyizweho bakaba arizo bategererezamo abagenzi mu rwego rwo kwirinda umuvundo bateza bazenguruka mu mihanda cyangwa baparika ahatarabigenewe."

SP Kayigi yasabye n’abagenzi batega moto kubahiriza iyi gahunda bazitegera muri parikingi kuko biri mu bizafasha mu kurwanya gukorera mu kajagari no kurwanya imwe mu myitwatire mibi yarangaga bamwe mu bamotari nko gutwara badafite uruhushya, ubujura bwo gushikuza telefoni n’amasakoshi abagenzi, guhisha cyangwa guhindura pulake n’andi makosa atandukanye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .