00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasiririkare n’abapolisi b’u Rwanda boroje abaturage 900 b’Iburasirazuba

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 22 June 2026 saa 07:41
Yasuwe :

Ingabo z’u Rwanda zifatanyije na Polisi y’u Rwanda bahaye inka n’ihene abaturage 916 bo mu mirenge itanu yo mu turere twa Kayonza na Kirehe.

Aya matungo bayahawe kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Kamena 2026, bakaba bayahawe binyuze mu bikorwa byo gufasha abaturage mu mibereho myiza n’iterambere bitegura umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32.

Abaturage batangiye guhabwa aya matungo ni abo mu mirenge ya Ndego, Mwiri, Kabare na Rwinkwavu yo muri Kayonza n’umurenge wa Nasho wo mu Karere ka Kirehe.

Komezusenge Jean Paul utuye mu Mudugudu wa Rusizi mu Kagari ka Rubirizi mu Murenge wa Nasho, yavuze ko inka yahawe igiye kumufasha kwiteza imbere binyuze mu kumuha ifumbire n’amata azanyobwa n’abana be babiri.

Ati “Abagize inzego z’umutekano narinsanzwe mbishimira bitewe n’uburyo baducungira umutekano, ubu rero byarushijeho cyane kuko banyituye ni ababyeyi beza, nagabanye inka mu bana babo. Nzabitura kubereka umusaruro w’uko inka bampaye yangiriye umumaro kandi nzajya nanatangira amakuru ku gihe.’’

Micomyiza Sylvestre utuye mu Mudugudu wa Karugendo I mu Kagari ka Rubirizi wahawe ihene, yavuze ko yishimiye ko yorojwe n’inzego z’umutekano, avuga ko izamufasha kubona ifumbire.

Ati “Ntabwo nari nzi ko Ingabo na Polisi bashobora gutanga amatungo,narimbazi mu buvuzi ariko byanshimishije cyane kuko kera ingabo twarazitinyaga ariko iz’ubu ziraza tukishima, tugasabana, bituma tubatinyuka wanagira ikibazo ukababwira.’’

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzirabatinya Modeste, yavuze ko abaturage bahawe amatungo ari abatoranyijwe mu bandi bari bayakeneye cyane, yavuze ko azabagirira umumaro bitewe n’uko azabaha ifumbire n’amata.

Ati “Ni iby’agaciro kenshi. Kuba Ingabo na Polisi bafatanya bakabaha amatungo ni inyongera ku gihango abaturage bari basanzwe bafitanye n’inzego z’umutekano ariko ni no gushimangira urugendo rw’iterambere igihugu kirimo kuko ibyari urugamba ubu ni iterambere.’’

Ibikorwa bihuriweho n’Ingabo na Polisi by’u Rwanda bigamije gufasha abaturage mu mibereho myiza n’iterambere bimara amezi atatu bigasozwa ku munsi wo Kwibohora.

Abaturage b'Iburasirazuba batangiye guhabwa amatungo n'inzego z'umutekano z'u Rwanda
Abaturage bahisemo kugurirwa ihene kugira ngo zibafashe kwiteza imbere
Abaturage barenga 900 ni bo bahawe amatungo mu turere twa Kayonza na Kirehe
Abayobozi mu nzego z'umutekano basabye abaturage bahawe amatungo kuyafata neza bakirinda kuyagurisha
Akanyamuneza kari kose ku baturage bahawe inka
Komezusenge Jean Paul wahawe inka yavuze ko izamufasha mu kubona amata aha abana be
Abasirikare n'abapolisi by'u Rwanda basanzwe bahurira mu bikorwa byo guteza imbere abaturage buri mwaka
Umuyobozi w'Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Iterambere ry'Ubukungu, Nzirabatinya Modeste yasabaye abaturage gufata neza amatungo bahawe
Buri muturage yahawe inka ifite ubwishingizi kandi ihaka
Abaturage ba Kirehe mu Murenge wa Nasho bishimiye korozwa inka n'ihene bigizwemo uruhare n'Ingabo na Polisi by'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages