Iyi myitozo yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Gako, ku bufatanye bw’Ingabo z’u Rwanda n’Ingabo za Qatar, yasojwe ku wa 11 Kanama 2026.
Uyu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, witabiriwe na Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, Mansoor Ali Al-Hajri, ba Ofisiye bakuru bo mu ngabo za Qatar hamwe n’Abajenerali na ba Ofisiye bakuru bo mu Ngabo z’u Rwanda.
Amahugurwa yibanze ku mirimo y’ingenzi ya Military Police, harimo kurinda abayobozi bakuru, kurwanya iterabwoba, ubumenyi bwo kurwanira mu bice byubatse, ndetse no guhosha imyigaragambyo n’imvururu.
Mu butumwa yatanze mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abarangije amahugurwa ku bwitange n’ikinyabupfura bagaragaje mu gushaka ubumenyi n’ubushobozi bukenewe kugira ngo bashobore kuzuza neza inshingano zabo.
Yagaragaje ko aya mahugurwa yagize uruhare mu kongera ubunyamwuga n’ubushobozi ku basirikare ba Military Police n’ingabo z’u Rwanda muri rusange.
Yasabye abarangije amahugurwa gukoresha ubumenyi n’ubushobozi bungutse, ndetse bakabusangiza bagenzi babo.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga kandi yashimiye abarimu baturutse mu Ngabo za Qatar kubera ubunyamwuga n’ubushobozi bagaragaje mu gutanga aya mahugurwa.
Yashimangiye akamaro ko gukomeza ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi, avuga ko iki gikorwa ari indi ntambwe igaragaza ko ubufatanye hagati y’Ingabo za Qatar n’Ingabo z’u Rwanda bukomeje gutera imbere.
Yongeye gushimangira ko u Rwanda rwiyemeje gukomeza guteza imbere ubu bufatanye binyuze mu mahugurwa ya gisirikare, kungurana ubumenyi n’ubunararibonye mu by’umwuga wa gisirikare, n’ibindi bifitiye inyungu impande zombi.
Uhagarariye Ingabo za Qatar yashimiye ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ku nkunga n’ubufasha bwatanzwe mu gihe cyose cy’amahugurwa. Yashimye kandi ubufatanye bukomeye n’imikoranire myiza hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’Ingabo za Qatar, avuga ko byagize uruhare rukomeye mu gutuma aya mahugurwa agenda neza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!