Ni ikigega kizakorera mu bihugu byo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara birimo Ethiopia, u Rwanda, Ghana, Kenya, Malawi, Lesotho, Nigeria, Tanzania, Uganda na Zimbabwe.
Cyatangijwe bigizwemo uruhare n’abanyemari barimo Bill Gates binyuze mu muryango yashinze, Gates Foundation.
Iki kigega cyiswe ‘Beginnings Fund’ cyamuritswe ku mugaragaro ku wa Kabiri tariki 29 Mata 2025, i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Ni umuhango witabiriwe n’abarimo Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Dr Sabin Nsanzimana.
Uretse Gates Foundation, kizaterwa inkunga n’Umuryango Mohamed Bin Zayed Foundation for Humanity.
Biteganyijwe ko iki kigega kizakorana na Guverinoma z’ibihugu mu kurengera ubuzima bw’abagore batwite n’ubw’abo batwite, hagamijwe kugabanya imfu z’ababyeyi n’abana.
Gifite intego yo kurokora ababyeyi n’abana ibihumbi 300 bitarenze mu 2030, ndetse kikageza serivisi z’ubuvuzi ku bagore n’abana miliyoni 34.
Uretse amafaranga ari muri iki kigega, Gates Foundation na Mohamed Bin Zayed Foundation for Humanity byemeye gutanga miliyoni 100$ nk’ishoramari rizakorwa mu kwita ku buzima bw’ababyeyi n’abana.
Umuyobozi w’iki kigega, Alice Kang’ethe, yavuze ko kigamije kuziba icyuho cyashoboraga gusigwa n’icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo guhagarika zimwe mu nkunga zagenerwaga ibihugu n’imiryango mpuzamahanga.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!