00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga 300 barangije muri ULK Gisenyi basabwe gukemura ibibazo bibangamiye iterambere

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 28 March 2018 saa 07:35
Yasuwe :

Abanyeshuri 326 barangije Icyiciro cya Kabiri n’icya Gatatu muri Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK), Ishami rya Gisenyi, basabwe gukemura ibibazo bibangamiye iterambere birimo ibura ry’akazi, inzara amakimbirane n’ibindi.

Kuri uyu wa 28 Werurwe 2018 nibwo abigaga muri ULK-Gisenyi 276 bahawe impamyabumenyi z’Icyiciro cya Kabiri, 36 bahabwa iz’icya Gatatu naho 10 bigaga i Kigali bahabwa iz’icya Kabiri mu mashami arimo icungamutungo, ibaruramari n’ayandi.

Umuyobozi Mukuru wa ULK, Dr. Sekibibi Ezekiel, yabwiye abasoje amasomo ko bahawe ko bafite umukoro wo guhangana n’ibibazo bitandukanye Isi ifite.

Yagize ati “Isi ifite ibibazo byinshi birimo amakimbirane, ubushomeri, inzara n’ibindi. Ibyo ni umukoro muhawe mugiye gukoraho, ngo ibifatwa nk’ibidashoboka mubihindure ibishoboka […] Abantu bari hanze aha ni mwe bahanze amaso.”

Perezida wa ULK akaba ari nawe wayishinze, Prof. Dr Rwigamba Barinda, yagize ati “Ndagira ngo nshimire abanyeshuri muhawe impamyabumenyi uyu munsi, zigaragaza ubwitange, umuhate, ikinyabupfura n’imbaraga mwagize mwiga. Mwari mufite ibibazo bibabangamira mwiga birimo n’amikoro ariko mwabashije kubitsinda.”

Yakomeje ababwira ingingo zizabafasha mu gihe bazaba babonye akazi cyangwa mu buzima busanzwe zirimo kugira intego, kugira icyizere n’ibindi

Yagize ati “Nimuhabwa akazi ahantu muzashyirira mu bikorwa ariya mahame twabahaye, abakoresha bazabafata nk’abafite ubumenyi n’ubushobozi mu byo mwize babazamure mu ntera ariko nimutakabona, mutekereze uko muzikorera […] mugire ukwizera, nimukugira muzaba murwanyije ibitekerezo bibi, muzaba murwanyije ubwoba.”

Yakomeje abashishikariza kwihangira imirimo cyangwa bagakorera mu matsinda kuko bahunguranira ibitekerezo, bikabafasha kubona abafatanyabikorwa no kubasha gukorana n’ibigo by’imari nk’uburyo buhamye bwo kwihangira umurimo cyane cyane ku badafite igishoro.

Abanyeshuri b’abanyamahanga bize muri ULK - Gisenyi mu 2017/18 barenga 50% , iyi kaminuza ikavuga ko bigaragaza icyizere ifitiwe ku burezi itanga.

ULK iza ku mwanya wa kabiri, inyuma ya Kaminuza y’u Rwanda (UR) mu zitanga uburezi bufite ireme, ikaba iya mbere mu zigenga. Imaze guha impamyabumenyi abasaga ibihumbi 31.

Babanje gukora akarasisi
Umuyobozi Mukuru wa ULK, Dr Ezekiel Sekibibi
Abanyeshuri bari ku karasisi bagana aho baherewe impamyabumenyi
Abayobozi ba ULK
Abari baherekeje abanyeshuri barangije muri ULK
Umuyobozi w'Icyubahiro wa ULK, Prof Kalisa Mbanda, afungura ku mugaragaro umuhango wo kubaha impamyabumenyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages