00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abapolisi 240 bagiye koherezwa mu butumwa muri Sudani y’Epfo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 July 2025 saa 06:59
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abapolisi bagera kuri 240 bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) basabwe kugaragaza ikinyabupfura, gukora inshingano zabo neza no gushyira imbere indangagaciro nyarwanda nk’igihugu gisanzwe giharanira amahoro.

Biteganyijwe ko aba mbere muri aba Bapolisi bazahaguruka mu Rwanda ku wa 24 Nyakanga 2025 berekeza muri Sudani y’Epfo, aba nyuma bakazagenda ku wa 8 Kanama 2025. Barimo abagore 35 n’abagabo 205.

Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe Ubutegetsi n’Abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza, yabasabye guhorana ikinyabupfura n’ubunyamwuga mu butumwa bazakora, no guharanira kurangwa n’indangagaciro nyarwanda kuko u Rwanda ari igihugu cyamenyekanye ku guharanira amahoro.

Abapolisi 240 bagiye koherezwa muri Sudani y’Epfo bazasimbura abari bariyo 240.

Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi y'u Rwanda ushinzwe Ubutegetsi n'Abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza yasabye abapolisi bagiye mu butumwa bw'amahoro kuzarangwa n'ubunyamwuga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages