Ni igikorwa ngarukamwaka giteganyijwe kubera i Kigali muri Grazia Hotel, ku wa 4 Mata 2025, saa tanu n’igice z’igitondo. Abanyeshuri bifuza aya mahirwe n’ababyeyi bashaka kujyana n’abana babo bazinjira ku buntu.
N&B Study Abroad ni ikigo gifasha kikanahuza abanyeshuri n’amashuri yo hanze y’u Rwanda arimo ayo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada, n’ibihugu by’i Burayi n’ahandi.
Abanyeshuri bashaka kwiga mu byiciro bitandukanye bazahuzwa n’abahagarariye ibigo na za kaminuza bitandukanye, ndetse umunyeshuri witwaje ibyangombwa byuzuye azaba afite amahirwe yo guhabwa ishuri nta kiguzi.
Ubuyobozi bwa N&B Study Abroad buvuga ko bwifuza kubona abanyeshuri baherekejwe n’ababyeyi babo bityo bikazabafasha kuganira neza n’abayobozi b’ibigo, bagasubizwa n’ibibazo bibaza kandi bagahitamo neza aho bakohereza abana babo.
N&B Study Abroad ifasha abanyeshuri kubona ibyangombwa birimo na VISA nta kiguzi mu gihe bamaze kwiyandikisha, mbere yo kujya kwiga itanga amahugurwa, igafasha umuntu kumenyera ubuzima azaba agiyemo n’ibyo azaba agiye kwiga.
Abanyeshuri bifuza kwiga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bazahabwa buruse izabafasha kwishyura amafaranga y’ishuri angana na 40%, na ho Canada ibishyurira 70% ya buruse, bakazishyura nyuma. Hari n’amahirwe ku bazarangiriza amashuri yisumbuye muri ibi bihugu arimo kwiga kaminuza ku buntu.
N&B Study Abroad ikorera i Remera ku Gisimenti. Ifite ubunararibonye mu gushakira abanyeshuri ibigo byiza bakomerezamo amasomo, kuko uyu mwaka ari inshuro ya karindwi bakora iki gikorwa.
Iki kigo gifasha abanyeshuri bo mu byiciro byose yaba abashaka gukomeza amashuri yisumbuye ndetse n’ibyiciro byose bya kaminuza kuva ku cyiciro cya mbere cya Kaminuza kugeza ku mpamyabushobozi y’ikirenga izwi nka PhD.
Ukeneye andi makuru yisumbuye ya N&B Study Abroad wahamagara kuri +250738609518, cyangwa ukabandikira [email protected]



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!