Ni ibirori byabaye ku wa 3 Nyakanga 2026, mu Karere ka Gasabo, byitabirwa n’abayobozi b’ikigo, ababyeyi, abanyeshuri basoje amasomo n’abafatanyabikorwa b’ishuri.
Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi ya Trinity International Academy, Sengonga Mutimura Joël, yashimiye abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye, abasaba gukomeza kugendera ku ndangagaciro za gikristu n’uburere batojwe n’abarezi babo.
Yagize ati “Mugiye kuva muri Trinity mujye gukomeza amasomo muri kaminuza, kugira ngo mugere ku ntego zanyu. Mushobora kuzisanga mu buzima butandukanye n’ubwo mwari mumenyereye. Bana bacu ndabasaba, kubw’ubuntu bw’Imana, mugende mufite icyizere, mwishimira uwo muri we muri Kristo, kandi ntimuzagurane umurage wanyu ku by’Isi bidafite agaciro. Nimuhagarara ku byo mwemera, Imana y’amahoro izabaha gutsinda kandi ibakoreshe mu guhindura isi kubw’izina ryayo.”
Sengonga yavuze ko igenantekerezo y’ishuri ari ugutoza umuntu kuba uwuzuye mu by’ubumenyi, mu mwuka, ku mubiri, mu marangamutima, mu mibereho n’imibanire.
Yavuze ko icyo igamije ni uguhugura abantu kugira ubumenyi, kandi bagakura ari abayobozi bafite ubwenge bijyana n’umuco wa gikristo.
Nubwo ishyize imbere uburezi bufite ireme, ariko ni igikoresho cyiza gifasha guhindura abana abigishwa ba Kristo, mu kubafasha gushyira mu bikorwa no kwimakaza amahame ya Bibiliya mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Asobanura ko Porogaramu y’ishuri yubakiye ku nkingi esheshatu: imyigishirize yabo yubakiye kuri Bibiliya, kurangwa n’imyitwarire yubahisha Imana, umunyeshuri ushishikarizwa kugira umuhate wo kwihugura, kwigana intego no gufata inshingano, kumenya gufata mu mutwe vuba, n’ivuga ko umunyeshuri ashyirwa ku isonga na ho umwarimu akaba umujyanama.
Umuyobozi Wungirije w’Inama y’Ubutegetsi ya Trinity International Academy, Shema Fabrice, yavuze ko kuba aba banyeshuri basoje amashuri yisumbuye ari intambwe ikomeye ndetse ikaba n’ikimenyetso cy’uko bagize ukwihangana, ubwitange, n’umuhate wo kugera ku byiza nk’ibi.
Ati “Mugiye gutangira ikindi cyiciro. Ni intambwe nshya mu buzima bwanyu, muzarangwe n’indangagaciro mwahawe na Trinity International Academy, kwizera Imana, ubunyangamugayo, kubahana, gufatanya n’abandi, no gukunda kwiga ubuzima bwanyu bwose. Izo ndangagaciro zijye zibayobora mu byemezo mufata, zibubake mu muco wanyu, kandi zibatere imbaraga zo kugira uruhare rwiza mu muryango mugari mutuyemo no hanze yawo.”
Bamwe mu banyeshuri basoje amashuri yisumbuye barimo, Umutesi Charnella Ewila na Ndemezo Josh, bagarutse ku rugendo rwabo muri iri shuri, bagaragaza ko batojwe gukunda ishuri, kugira urukundo, n’ubunyangamugayo bijyana no kurushaho kuba abakritso bagaragaza ko ibi byose ari intwaro zizabaherekeza mu buzima bwabo.
Umuyobozi wa Trinity International Academy, Kambale Lungufi Eric, yashimiye abanyeshuri basoje amasomo, ku myitwarire myiza yabaranze, ukwihangana, n’ubufatanye, byabaranze muri iri shuri.
Ati “Nk’ishuri ryiyemeje gutanga uburezi bufite ireme binyuze muri porogaramu ya ‘Accelerating Christian Education’, twagize amahirwe yo kubabona mukura mukaba urubyiruko rwifitiye icyizere, rufite inshingano kandi rufite ubushobozi. Mwakoranye umwete kugira ngo mugere ku ntego zanyu. Intsinzi yanyu y’uyu munsi ni ikimenyetso cy’ubwitange bwanyu.”
Trinity International Academy ni ishuri rimaze imyaka 12 ritangijwe mu Rwanda. Rifite abanyeshuri 240 bo mu mashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbuye.
Ni ishuri rifite porogaramu ya ‘Accelerating Christian Education’ yatangiriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikaba ikoreshwa mu bihugu bigera ku 140 ku Isi. Ishingiye ku myizerere ya gikristu n’ubumenyi buhanitse.
Iyi porogaramu kandi ihesha umunyeshuri wayigiyemo kwiga muri kaminuza iyo ari yo yose ku Isi.
Ikoreshwa mu buryo umunyeshuri ari we wiyigisha akagira abamukurikirana n’abamuha ibyangombwa byose nkenerwa, akabasha kwiga amasomo yose yaba aya siyansi n’ikoranabuhanga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!