00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyeshuri b’abanyamahanga biga mu Rwanda bageze ku bihumbi 13

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 June 2026 saa 09:55
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru w’Inama Nkuru y’Igihugu ishinzwe Amashuri Makuru na Kaminuza, Dr. Edward Kadozi yatangaje ko abanyeshuri b’abanyamahanga biga mu Rwanda bagenda biyongera ndetse ubu bageze ku bihumbi 13.

Yabigarutseho ku wa 9 Kamena 2026 ubwo yaganiraga n’abadepite bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko ku ishyirwa mu bikorwa ry’Itegeko No 010/2021 rigena imitunganyirize y’Uburezi.

Dr. Kadozi yavuze ko iri tegeko ryatanze uburenganzira bwo gutangiza amasomo mashya mu mashuri makuru na za kaminuza, bituma ireme ry’uburezi rizamuka kandi abanyeshuri b’abanyamahanga biyongera mu Rwanda.

Ati “Gutangiza za porogaramu byatanze amahirwe menshi ya porogaramu nyinshi zitangira. Iri tegeko ryaduhaye ayo mahirwe ku buryo aho tuvugira tumaze kugira abanyeshuri bagera mu bihumbi 13 b’abanyamahanga ariko uwo mubare uragenda wiyongera.”

Kugeza mu 2024/25 mu Rwanda habarizwaga amashuri makuru na kaminuza 39 zivuye kuri 37 mu mwaka wari wabanje.

Abanyeshuri b'abanyamahanga biga mu Rwanda barenga ibihumbi 13

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages