Ni igikorwa cyabaye ku wa 2 Kanama 2025, cyitabirwa n’abagera kuri 300, aho bagize umwanya wo kuganira ku nsanganyamatsiko y’uyu munsi, ari yo “Umuganura, Isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira.”
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, Kimonyo James, yibukije abitabiriye umuganura ko ari umwanya mwiza wo kuganuzanya bishimira ibyagezweho ndetse no gukomeza umuco w’indangagaciro zijyanye n’uyu munsi ndetse abashishikariza gukomeza gukunda igihugu birinda amacakubiri.
Ati “Umuganura ni umwanya wo kuganuzanya, kwishimira ibyagezweho, guhiga ibizakorwa umwaka utaha no gukomeza umuco n’indangagaciro zijyaye n’uyu munsi. Izo ndangagaciro harimo gukorana umurava, gukunda igihugu, ubumwe no kwirinda amacakubiri.”
Ambasaderi Kimonyo yakomeje ashimira Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bushinwa, inshuti, abaterankunga n’abafatanyabikorwa bose bagize uruhare mu gutegura igikorwa cyo kwizihiza umunsi w’umuganura.
Ibi birori byaranzwe no gusangira amafunguro ya Kinyarwanda, guha abana amata ndetse no guhemba abanyeshuli bashoje amasomo muri iki gihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!