00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda babiri basoje amasomo ya gisirikare mu Buhinde

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 June 2026 saa 10:54
Yasuwe :

Sous-Lieutenant Fils Niyikiza na Sous-Lieutenant Elie Ndagijimana bari mu banyeshuri basoje amasomo ya gisirikare bari bamaze igihe bahabwa mu Buhinde.

Umuhango wo gusoza aya masomo mu Ishuri rya Gisirikare ry’u Buhinde riri mu gace ka Dehradun wabaye ku wa Gatandatu tariki 13 Kamena 2026, uyoborwa na Perezida w’iki gihugu, Droupadi Murmu.

Uretse Abahinde, iri shuri ryarangijemo n’Abanyarwanda babiri: Sous-Lieutenant Fils Niyikiza na Sous-Lieutenant Elie Ndagijimana.

Ambasade y’u Rwanda mu Buhinde, yatangaje ko uko ari babiri “biyemeje gushyira imbere indangagaciro za RDF, bagakorana akazi kabo imyitwarire myiza, ubunyangamugayo no gukora cyane.”

Perezida Droupadi Murmu yibukije abarangije amasomo yabo ko ari abarinzi b’ubusugire, ubumwe n’ubunyamungayo bw’ibihugu byabo.

Yakomeje ababwira ko bakwiriye kujya bazirikana ko inshingano bafite ziza imbere y’ibindi byose.

Ishuri rya Indian Military Academy (IMA) ni rimwe mu ya gisirikare akomeye mu Buhinde. Ryashinzwe mu 1932. Rifite ubushobozi bwo kwigisha no gutoza abasirikare 1.650 icyarimwe.

Imyitozo itangirwa muri iri shuri imara hagati y’amezi atatu n’amezi 16.

Ishuri rya Indian Military Academy (IMA) ni rimwe mu ya gisirikare akomeye mu Buhinde
Sous-Lieutenant Fils Niyikiza na Sous-Lieutenant Elie Ndagijimana basoje amasomo ya gisirikare mu Buhinde

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages