00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda 11 bafatiwe i Burundi bashinjwa ubujura bw’amabuye y’agaciro

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 January 2017 saa 08:19
Yasuwe :

Inzego zishinzwe umutekano i Burundi zatangaje ko zataye muri yombi abanyarwanda 11 bafatiwe mu bikorwa by’ubujura bw’amabuye y’agaciro mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Mutarama 2017.

Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi yo muri iki gihugu, Pierre Nkurikiye, abinyujije ku rubuga rwa twitter, abafashwe barimo Umurundi umwe bakaba bari bafite ibiro 1077 bya ‘Coltan’ yacukuwe ku butaka bw’u Burundi.

Pierre Nkurikiye yavuze ko bafatiwe mu Kayanza kandi ko usibye abafashwe hari n’abandi batorotse inzego z’umutekano bacikana imifuka itatu y’aya mabuye.

Biteganyijwe ko bazagezwa imbere y’urukiko rwa Kayanza bakurikiranyweho ibyaha by’ubujura bakaba bashobora gukatirwa igifungo kiri hagati y’imyaka irindwi na 11.

Aba ni bo bagaragajwe bivugwa ko ari Abanyarwanda bafatiwe i Burundi
Imitwaro bivugwa ko ari iy'amabuye y'agaciro bafatanywe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages