Mu bahawe ibihembo kuri uyu wa 10 Nyakanga 2017, harimo Umunani babitsa mu ishami rya BPR rigamije iterambere ry’umugore rikorera mu isoko rya Nyarugenge, BPF; iryo kwa Rubangura, ndetse n’irikorera muri Banki Itsura Amajyambere, BRD (premium), ni mu gihe abandi basigaye bakorana n’amashami ya Giporoso na Nyarugunga.
Mu bihembo byatanzwe harimo telefoni za smartphone, dekoderi zirimo ifatabuguzi ry’ukwezi, ndetse na televiziyo nini zizwi nka smart TV.
Mucyo Daniel watsindiye dekoderi yavuze ko amaze amezi abiri gusa afunguye konti muri BPR, akaba ahamya ko gutsinda ari amahirwe ashimira Imana.
Ati “Nabyishimiye cyane, kuba umunyamahirwe n’ibintu burya ugomba gushimira Imana. Ndashimira na BPR kuba baratangije igikorwa nk’iki, ikindi nsanzwe nkorana nabo, bafite serivisi zihuta kandi nziza.”
Yakomeje avuga ko ntawagakwiye gutinya kwizigama kuko aribwo buryo bwo gutegura ejo hazaza heza, ndetse ko nk’umuntu w’umusore ukiri kwiyubaka iyi dekoderi ahawe iziye igihe.
Mukayisire Lydivine nawe watsindiye dekoderi irimo ifatabuguzi ry’ukwezi, nawe yavuze ko byamushimishije cyane, ariko akaba yabanje gushidikanya akeka ko ari abatekamutwe.
Yakomeje ashishikariza abantu kugana BPR bakizigama kuko bidasaba amafaranga menshi, ndetse ahamya ko ubwo yafunguzaga konti mu myaka itatu ishize atari ho yanyuzaga umushahara, ariko akaba yarageze ku rwego rwo guhabwa inguzanyo ndetse akayishyura neza.
Umuyobozi wa BPR ishami ryo mu isoko rya Nyarugenge, Uwamahoro Jeanne Françoise yavuze ko ubu bukangurambaga bwateguwe mu rwego rwo gushishikariza abantu kwizigama.
Ati “Abakiriya bacu barabitsa, ariko ni no kubakangura kugira ngo barusheho kubitsa cyane. Iyo babitsa cyane babasha gutombora kandi banizigamira.”
Uwamahoro yasobanuye ko uretse kuba abakiriya bagira amahirwe yo gutombora ibikoresho bitandukanye, na banki ubwayo ibyungukiramo kuko umubare w’abafungura konti urushaho kwiyongera.
Nyuma y’Umujyi wa Kigali, ubu bukangurambaga buzakomereza mu ntara zose z’igihugu, ahazagenda hatangwa ibihembo birimo amagare, imashini zifasha kuhira (Water pump) n’ibindi bikoresho bitandukanye bitewe n’aho abaturage baherereye.
Ubukangurambaga “Hirwa ugwize na BPR” bwatangijwe tariki ya 19 Kamena 2017, igihembo nyamukuru cya miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda kizatangwa nyuma y’amezi atatu.



















TANGA IGITEKEREZO