00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyamadini batewe ipfunwe na bagenzi babo bishe Abatutsi muri Jenoside

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 June 2026 saa 09:10
Yasuwe :

Inama y’Abaporotesitanti mu Rwanda (Conseil Protestant du Rwanda- CPR), yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igaragaza ko abanyamadini batewe ikimwaro no kuba bamwe muri bo baragize uruhare muri Jenoside.

Ni mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 26 Kamena 2026, hagarukwa ku mateka akomeye yaranze itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hanarebwa n’uruhare amadini yayigizemo.

Mu buhamya bwatanzwe na Etienne Gahigi, yagarutse ku nzira itoroshye y’itotezwa ry’Abatutsi, ahamya ko amadini yabigizemo uruhare nyamara bitari bikwiriye.

Ati “Ni igikomere kiremereye kugaruka ku buryo abanyamadini n’amatorero bagize uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi bari babahungiyeho. Iyo tugira abantu benshi bafite imbuto z’ubumuntu, haba hararokotse benshi.”

Nyuma yo gukora umurimo w’Imana nk’uko bikwiriye bigendanye n’imyemerere ye, ahamya ko byongereye kubana neza, ndetse agashimwa n’abarimo umwana w’uwishe umuryango we muri Jenoside.

Nsengimana Alphonse wari uhagarariye IBUKA muri iki gikorwa, yahaye umukoro amatorero n’amadini, ayasaba ko yakwimakaza ijambo ry’Imana ry’ukuri hagamijwe gukomeza kubaka igihugu no kurushaho kwimakaza imibanire myiza n’ubudaheranwa.

Visi Perezida wa CPR akaba n’Umuvugizi w’itorero rya EPR, Dr. Bataringaya Pascal, yumvishije abanyamadini n’amatorero ko bakwiye kumva ko biteye isoni kuba bamwe mu banyamadini n’amatorero barijanditse muri Jenoside.

Avuga ko umwanya wo kwibuka ukwiye kuvamo amasomo yo guhindura ayo mateka mabi ndetse no kwimika inyigisho nzima nk’uko ijambo ry’Imana ribivuga.

Abanyamadini n'amatorero bagaragaje ko batewe ipfunwe no kuba hari bamwe mu bitwikiriye amadini n'amatorero bagakora Jenoside yakorewe Abatutsi
Rev. Gato Munyamasoko yatanze ikiganiro mu gikorwa cyo kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside
Bishop Aphrodis Mutabaruka yatanze ikiganiro muri iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi
Nsengimana Alphonse ni we wari uhagarariye IBUKA muri iki gikorwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages