00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abana 65 bahuguwe ku gukoresha imbuga nkoranyambaga neza hirindwa ingaruka mbi zabagiraho

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 August 2025 saa 09:10
Yasuwe :

Abana barenga 65 bo mu Mujyi wa Kigali bahawe amahugurwa ku bijyanye no gukoresha imbuga nkoranyambaga neza kugira ngo hirindwe ingaruka mbi zishobora kubagiraho.

Ni amahugurwa yateguwe na Nobilis Law Firm yabaye tariki 4-5 Kanama 2025, yitabirwa n’abana bafite kuva ku myaka 10 kugeza kuri 18, akaba yari abaye ku nshuro ya kabiri

Aya mahugurwa agamije kurinda abana kuba imbata z’imbuga nkoranyambaga no gukumira izindi ngaruka mbi bahura nazo.

Abahuguwe bavuze ko biteguye guhindura uburyo bakoresha imbuga nkoranyambaga neza, birinda kuba imbata zazo, gusangiza abantu batazi amakuru yabo bwite, ndetse n’ibindi.

Umwe mubana bahuguwe yagize ati “Batubwiye ko kwirirwa kuri telefone cyangwa kuri televiziyo bitera ikibazo ubwonko.”

Yakomeje ati ”Ku bwanjye narabyumvise ntangira no kugabanya uburyo nakoreshaga telephone mama yanguriye nkayikoresha iminota 20 gusa indi nkayiruhukamo.”

Yakomeje avuga ko aya mahugurwa ari ingenzi ko yaba kenshi gashoboka mu buryo bwo gukangurira abana mu buryo buhoraho kwirinda ibyago bashobora guterwa no gukoresha nabi ibikoresho by’ikoranabuhanga.

Umuyobozi wa Nobilis Law Firm ndetse akaba ari na we wagize igitekerezo cyo gutangira guhugura aba bana, Ndasheja Sonia, yavuze ko biri gutanga umusaruro kuko kuri iyi nshuro bungutse n’abandi baje kwiga.

Ati “Nifuza ko twahugura n’ababyeyi babo kugira ngo bamenye uburemere bw’ikoreshwa ry’ imbuga nkoranyambaga kugira ngo bamenye uko bajya bafasha abana.

Yakomeje asaba abandi babyeyi muri rusange kwita ku bana babo mu buryo bakoresha imbuga nkoranyambaga kuko ziri mu bibangiza.

Umuyobozi wa Nobilis Law Firm ndetse akaba ari na we wagize igitekerezo cyo gutangira guhugura aba bana, Ndasheja Sonia, yavuze ko biri gutanga umusaruro
Abana baganirijwe ku byiza byo gukoresha imbuga nkoranyambaga neza
Bunguranye ibitekerezo byerekeza ku nzira nziza yo gukoresha ibikoresho by'ikoranabuhanga
Aba bana batashye bavuga ko bungutse byinshi ndetse hari n'ibyo bagiye guhindura
Bagize umwanya wo gusabana no gukina imikino itandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages