00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakozi ba BSC bunamiye Abatutsi bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 21 May 2025 saa 03:02
Yasuwe :

Abayobozi n’abakozi b’Ikigo gicuruza Internet, Broadband Systems Corporation (BSC), basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyamata, biyemeza gukomeza guhangana n’abayipfobya ndetse n’abagoreka amateka bifashishije ikoranabuhanga.

Abo bakozi basobanuriwe amateka y’uko Jenoside yateguwe kugeza ishyizwe mu bikorwa mu 1994, aho mbere y’uko itangira byeruye ku wa 07 Mata 1994, Abatutsi bo mu Bugesera bagiye batotezwa bagakorerwa iyicarubozo.

Mu itegurwa rya Jenoside, benshi mu Batutsi bajyanywe mu Bugesera mu nkambi bisa no kubaha akato.

Bakimara kugezwayo batangiye kwicwa n’indwara zirimo Tse Tse mbere y’uko mu 1963 batangira kwicwa biswe ibyitso.

Kubera gutuzwa mu Bugesera byatumye haba hamwe mu hantu hatuwe n’Abatutsi benshi ku buryo batagerwagaho n’iterambere ndetse no mu 1994 byorohera Interahamwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana kubicira hamwe.

Umuyobozi Mukuru wa BSC, Kayinamura N. Gilbert, yavuze ko ikigo ayoboye cyasuye uru rwibutso mu rwego rwo kurushaho gusobanukirwa amateka cyane cyane ku rubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rukora muri iki kigo.

Yagize ati “Ni igikorwa twajemo kugira ngo twige amateka haba ku bakuru cyangwa abato bavutse nyuma ya Jenoside. Byakozwe kugira ngo twese tuyige tumenye ibyayiteye n’uburyo twakumira ko yakongera kubaho ukundi.”

Yakomeje avuga ko nk’ikigo gicuruza internet, bagira uruhare rugaragara mu gukumira ibyaha birimo abantu bagoreka amateka ya Jenoside bifashishije ikoranabuhanga.

Ati “N’abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga tubafasha kubaha internet kugira ngo babashe kunyomoza abashobora gupfobya Jenoside. Dushishikariza urubyiruko rwacu kugira uruhare bandika ku mbuga nkoranyambaga kugira ngo tunyomoze ibinyoma bishobora kugoreka amateka yacu.”

BSC yatanze inkunga kuri uru rwibutso mu rwego rwo kurushyigikira.

Iki kigo ni kimwe mu bikomeye bicuruza internet na serivisi ziyishamikiyeho mu Rwanda kuva mu 2010 aho gifite ubushobozi bwo kuyigeza mu turere twose tw’Igihugu.

Muhaturukundo Eric yasobanuriye abakozi ba BSC amateka Urwibutso rwa Nyamata rubumbatiye
Hafashwe umunota wo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Ubwo abakozi ba BSC bashyiraga indabo ku mva ishyinguwemo Abatutsi bazize Jenoside mu 1994
Abakozi ba BSC basobanuriwe uko Jenoside yateguwe i Nyamata ndetse ikaza no gushyirwa mu bikorwa
Abakozi ba BSC bunamiye Abatutsi bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata
Umuyobozi Mukuru wa BSC, Kayinamura N.Gilbert yavuze ko ikigo ayoboye cyasuye Urwibutso rwa Nyamata mu rwego rwo kurushaho gusobanukirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Ubwo Umuyobozi Mukuru wa BSC, Kayinamura N.Gilbert, yashyiraga indabo ku mva ziruhukiyemo Abatutsi bishwe muri Jenoside
Ubwo Umuyobozi Mukuru wa BSC, Kayinamura N.Gilbert, yasinyaga mu gitabo cy’abashyitsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .