00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakozi ba Ameki Color biyemeje guhangana n’abapfobya Jenoside bivuye inyuma

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 23 June 2025 saa 10:26
Yasuwe :

Abakozi b’Uruganda rwa Ameki Color banenze abakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, nyamara bari bakwiye kwerekena ukuri kw’ibyabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeza kubarwanya bivuye inyuma.

Bari mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Noe Niyonzima uri mu bayobozi ba Ameki Color yavuze ko abakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, bakwiye kubireka kuko ari yo yasenye ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati “Ni ibikorwa bigayitse twakagombye kurwanya twivuye inyuma kuko ingengabitekerezo ni yo nyirabayazana ya Jenoside, bivuze ko ahantu hose igaragaye twakagombye kuyirwanya kandi bikiri bito bitarafata intera ndende.”

Abakozi ba Ameki Color basobanuriwe amateka akubiye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali uhereye mbere y’ubukoloni, mu gihe cyabwo, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse na nyuma yayo.

Umukozi muri Ameki Color, Kamana Gatera Joshua, yavuze ko nyuma yo gusobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’urubyiruko byabasigiye umukoro wo gukomeza gufata iya mbere mu kurwanya icyakongera kurema amacakubiri mu Banyarwanda, no guharanira ko ibyabaye bitazasubira ukundi.

Yavuze ko hari urubyiruko rugihura n’ingorane zo kugira ababyeyi bafite ingengabitekerezo ya Jenoside, bakaba bashobora no kuyigishwa.

Yasabye urwo rubyiruko kudakurikira ibyo bitekerezo ahubwo rugasura urwibutso nk’uru kuko hari amateka nyakuri kandi afite ibimenyetso.

Ati “Bakwiye gufata iya mbere bagatangira gusura inzibutso zigiye zitandukanye ziri mu gihugu, kugira ngo bibonere ko ibyo ababyeyi babo bababwira bihabanye n’ukuri.”

Kamana kandi yavuze ko abihisha inyuma y’imbuga nkoranyambaga bapfobya cyangwa bahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bitazabahira kuko na bo bari maso kandi biteguye kubarwanya bivuye inyuma.

Abakozi ba Ameki Color banashyize indabo ku mva ndetse bunamira Abatutsi barenga ibihumbi 250 bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Ameki Color buri mwaka itegurira abakozi bayo bagera kuri 400 igikorwa cyo kwibuka, hagamijwe gukomeza kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994 no kwirinda ko ibyabaye bitazasubira ukundi.

Umuyobozi muri Ameki Color, Noe Niyonzima yanenze abagihishira ingengabitekerezo ya Jenoside
Kamana Gatera Joshua yavuze ko abihisha inyuma y'imbuga nkoranyambaga ntaho bazamenera kuko na bo bari maso
Abakozi ba Ameki Color basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi
Nyuma gusura urwibutso, abakozi ba Ameki Color bahawe ikiganiro ku mateka ajyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi
Abakozi ba Ameki Color bashyize indabo ku mva zishyinguwemo Abatutsi barenga ibihumbi 250 bishwe muri Jenoside
Abakozi ba Ameki Color basobanuriwe amateka akubiye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, uhereye mbere y'ubukoloni kugeza nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .