00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakora umwuga w’ubunyamategeko babihuza n’ubukristo basabwe kuba inyenyeri imurikira bagenzi babo

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 13 August 2025 saa 03:14
Yasuwe :

Perezida w’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda [Rwanda Bar Association], Me Nkundabarashi Moïse, yavuze turi mu bihe bigoye aho byinshi bihinduka umunota ku wundi n’amategeko agenda avugururwa ku muvuduko udasanzwe bitewe n’impunduka mu iterambere ry’Isi, iry’ikoranabuhanga, impinduka mu miyoborere n’indangagaciro za muntu.

Yagaragaje ko nubwo bimeze bityo, inshingano y’abanyamategeko yo kuvugira abatagira ijambo, kurinda no gukurikiza amahame yabo yo idahinduka.

Yabikomojeho ubwo yagezaga ubutumwa ku bitabiriye Inama Mpuzamahanga ya Advocates Africa ibaye ku nshuro ya 16, ikaba iri kubera i Kigali.

Advocates Africa ni ihuriro rigizwe n’abanyamategeko n’abanyeshuri biga amategeko babihuza no kwimakaza ubukristo baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Biteganyijwe ko izaba kuva kuri uyu wa 12 kugeza ku wa 17 Kanama 2025.

Me Nkundabarashi yavuze ko “Abakristo ni bo bari mu mwanya mwiza wo gukora ibyo neza, kandi ni bo baba maso kurusha abandi. Tugomba rero kuba urugero rwiza imbere ya bagenzi bacu mu mwuga, kuko dufite indangagaciro ziva ku kwemera kwacu nk’abakristo, nyuma yo kuba abanyamategeko.”

Iyi nama yitabiriwe n’intumwa ziturutse mu bihugu 43 bya Afurika, zirimo abayobozi ba Leta, abacamanza, abo mu rwego rw’uburezi, abanyamategeko ndetse n’abanyeshuri biga amategeko.

Perezida w’Inteko ya Advocate Africa, Mike Chibita, yagaragaje ko abanyamategeko bakwiye kwimakaza ubukristo bagakora baharanira ubutabera, ukuri n’imbabazi.

Yagize ati “Nk’abanyamategeko b’abakristo, ntabwo turi abimakaza amategeko gusa, ahubwo turi n’abagomba guhagararira ubutabera n’amahoro by’Imana. Dufite inshingano yo kureba ko ibyo dukora bigaragaza indangagaciro z’ubwami bwayo.”

Yahamagariye abitabiriye iyi nama kongera kwiyemeza gukomera ku nshingano zabo, gushyigikirana, no guhora bibuka icyubahiro gikomeye n’inshingano bizanwa no kuba umunyamategeko cyangwa umucamanza w’umukristo.

Perezida wa Advocates International, Teresa Conradie, mu ijambo rye ry’ibanze yavuze ko “Kwimakaza indangagaciro za gikristo mu mwuga w’ubucamanza bisobanura guharanira ubutabera bujyana n’impuhwe, ukuri nk’ukwa Kristo, n’ububasha buvanze no kwiyoroshya.”

Perezida w’Umuryango Nyarwanda Uharanira Guteza Imbere Uburenganzira bwa Muntu Lawyers of Hope [LOH], Safari Gahizi, yavuze ko iyi nama yahurije hamwe abantu baturutse mu bihugu bitandukanye, bityo ubunararibonye n’uburyo bakoramo ibintu bitandukanye.

Yavuze ko aya ari amahirwe yo gusangizanya ubumenyi no kureba ibyo bakwigiranaho.

Ati “Nk’Abakristo, tugomba gutekereza ku bantu bari mu bibazo no mu kaga. Kimwe mu by’ingenzi bituma dukora uyu mwuga ni ukwita ku bantu bafite ibibazo, kubarinda no kubarengera.”

“Reba nk’uyu munsi turi kubona ubwiyongere bukabije bw’insengero. Ese turi hano kugira ngo turebe ko ubwisanzure bwo gusenga n’ubw’idini bwubahirizwa mu buryo butabangamira amategeko? Nk’umucamanza, umwunganizi mu mategeko cyangwa umushinjacyaha w’umukristo; ufite inshingano zo kureba ko sosiyete yawe yubahiriza amategeko.”

Iyi nama kandi igamije gusangizanya ubumenyi n’ubunararibonye ku bayitabiriye, harimo no kwigiranaho ku bijyanye n’amategeko atandukanye arimo ajyanye no gukemura amakimbirane, amategeko y’ubucuruzi mpuzamahanga n’uburenganzira bwa muntu n’ayandi.

Igamije kandi kugeza kure, gahunda yo guhuza indangagaciro za gikristo n’umwuga w’ubunyamategeko hirya no hino.

Advocates Africa yashinzwe mu 1998, igamije guteza imbere ubutabera, kurengera uburenganzira bwa muntu no kwimakaza indangagaciro za gikristo, binyuze mu bufatanye n’inzego za Leta, imiryango itari iya Leta [NGOs] na sossiyete sivili.

Perezida wa Rwanda Bar Association, Me Nkundabarashi Moïse, yavuze ko abakora umwuga w’ubunyamategeko babihuza n’ubukristo bakwiye kuba intangarugero
Perezida wa Lawyers of Hope [LOH], Safari Gahizi, yavuze ko umucamanza, umwunganizi mu mategeko cyangwa umushinjacyaha w’umukristo, afite inshingano zo kureba ko sosiyete ye yubahiriza amategeko
Perezida wa Advocate Africa, Kimathi Kamencu, yagaragaje ko inama nk’iyi ikwiye kugira ngo abantu bongere bitekerezeho banafate ibyemezo bishya
Perezida w’Inteko ya Advocate Africa, Mike Chibita, yagaragaje ko abanyamategeko bakwiye kwimakaza ubukristo bagakora baharanira ubutabera, ukuri n’imbabazi
Perezida wa Advocates International, Teresa Conradie, mu ijambo rye ry’ibanze yavuze ko kwimakaza indangagaciro za gikristo mu mwuga w’ubucamanza bisobanura guharanira ubutabera n’ububasha buvanze no kwiyoroshya
Yitabiriwe n'abo mu rwego rw'amategeko baturutse hirya no hino ku Isi
Ibihugu byinshi bya Afurika byari bihagarariwe
Abari bari aho bamurikiwe inyambaro gakondo y'ibihugu bihagarariwe muri iyi nama
Abitabiriye iyi nama bataramiwe n'itorero ry'imbyino Nyarwanda
Iyi nama igiye kumara iminsi ibera i Kigali
Advocates Africa yashinzwe mu 1998, igamije guteza imbere ubutabera, kurengera uburenganzira bwa muntu no kwimakaza indangagaciro za gikristo
Iyi nama yitabiriwe n’intumwa ziturutse mu bihugu byinshi bya Afurika, zirimo abayobozi ba Leta, abacamanza, abo mu rwego rw’uburezi, abanyamategeko ndetse n’abanyeshuri biga amategeko
U Rwanda ni kimwe mu bihugu 43 byari bihagarariwe
Abakora umwuga w’ubunyamategeko babihuza n’ubukristo basabwe kuba inyenyeri imurikira bagenzi babo
Iyi nama izamara iminsi itandatu,izaberamo ibikorwa bitandukanye

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages