00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abahinde babengutse Akarere ka Musanze nk’ahantu heza ho gushora imari

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 25 February 2025 saa 07:17
Yasuwe :

Akarere ka Musanze kakiriye Ihuriro ry’Abashoramari bo mu Buhinde, (India Investment Forum), bifuza gushora imari mu mishinga yibanda ku nzego zirimo ubukerarugendo, inganda, ikoranabuhanga, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, amahoteli, ubuvuzi, uburezi, ubuhinzi, ubworozi n’indi.

Bamwe mu bagize Ihuriro ry’Abashoramari bo mu Buhinde, barimo n’abamaze gushora imari mu nganda n’ubukerarugendo bagaragarije Akarere ka Musanze ko bagifite inyota yo gushora imari mu mishinga itandukanye.

Ambasaderi w’u Buhinde mu Rwanda, Mridu Pawan Das, ati “U Rwanda ni igihugu gifite icyerekezo n’imiyoborere bihamye, n’abashoramari bacu bashoye imari ndetse baracyifuza kuyishora muri byinshi nk’ubukerarugendo, inganda, ubwubatsi, uburezi, ubuvuzi n’ibindi. Turifuza rero ubwo bufatanye.”

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yijeje abo bashoramari ubufatanye bwungura impande zombi binyuze muri iri shoramari.

Ati "Icyo tubakeneyeho ni ubufatanye kugira ngo twese tubyungukiremo, haba mu burezi abana bacu babone aho biga heza, mu buvuzi tugire amavuririro meza ndetse n’izo nganda zitange akazi bitume abatuye intara yacu babyungukiramo. Ni byiza ko abaje mbere bagenda badutangira ubuhamya ko gushora imari iwacu byunguka kandi natwe tuzakomeza gufatanya na bo."

Bamwe mu bashoramari bo mu Rwanda bakorera mu Karere ka Musanze, bo bemeza ko ishoramari ryabo rihagaze neza ariko ko ridahagije kuko hagikenewe byinshi ugeraranyije n’isoko bafite, bakemeza ko biteguye gufatanya na bagenzi babo b’Abahinde baje kunganirana.

Nyirinkindi Aime Ernest washinza Amakoro Investment, ikigo gitunganya amabuye y’amakoro kikayakuramo amatafari yubakishwa inzu n’imihanda, imitako na sima, ni umwe muri bo.

Yagize ati "Ni byiza ko dukoresha aya mahirwe y’amabuye y’amakoro mu kugaragaza ubwiza bw’igihugu cyacu, dukeneye ko atunganywa mu buryo bwihuse kandi ku bwinshi. Tuzifatanya n’aba bashoramari b’Abahinde ku buryo tuzashobora no kuyacuruza ku masoko mpuzamahanga."

Umuyobozi wa Rwanda Hospitality Association muri Zone Nord B, Harerimana Jean Léonard, na we yemeza ko mu rwego bakoreramo bajyaga bahura n’imbogamizi zo kutabasha kwakira ababagana bose ngo ariko guhuza imbaraga n’abo bashoramari bizongerera ubushobozi urwo rwego.

Raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, igaragaza ko mu 2023 u Buhinde bwari buyoboye ibihugu byashoye imari nyinshi mu Rwanda, yabarirwaga agaciro ka miliyoni 175.2$ mu mishinga irenga 3000 bafite mu gihugu hose.

Guverineri Mugabowagahunde Maurice yijeje abashoramari bo mu Buhinde ubufatanye
Ambasaderi w’u Buhinde mu Rwanda, Mridu Pawan Das, yahamije ko u Rwanda ari igihugu gifite icyerekezo n'imiyoborere myiza bityo ko gushoramo imari ari ukureba kure
Abashoramari bo mu Buhinde biyemeje gushora imari mu Karere ka Musanze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .