Amahugurwa yatangiye ku wa 3 Kanama 2026, ari gutangwa n’Ishuri Nyafurika ry’Imiyoborere (ASG).
Akubiyemo kunoza imiyoborere ya politiki, kugira aba bagore abanyapolitiki beza, kuzamura umubare w’abagore muri politiki n’ibindi.
Umuyobozi ushinzwe gahunda z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere (UNDP) muri Afurika, Dr. Jide Okeke, yagaragaje ko aya mahugurwa azajya yigishirizwa mu Rwanda nk’igihugu cyateye imbere mu bijyanye no kubakira abagore ubushobozi muri uru rwego.
Ati “U Rwanda ni cyo gihugu ku Isi gifite umubare munini w’abagore mu myanya y’ubuyobozi, ku Isi ntabwo ari muri Afurika gusa. Muri Afurika turacyafite ibihugu abagore mu myanya y’ubuyobozi ari nka 14% gusa. Kuza kuhigira aya masomo mu gihe cy’ukwezi bizabaha amahirwe yo guhura n’abayobozi batandukanye bo mu Rwanda, babasangize ubumenyi, babagire inama, bahakure amasomo afatika bazajyana mu bihugu byabo.”
Umuyobozi Mukuru wa ASG, Francis Gatare, yasobanuye ko amahugurwa aba bayobozi bagiye guhabwa atari asanzwe atangwa na ASG ahubwo ari ay’igihe gito (short courses) yihariye bashyizeho.
Ati “Ubusanzwe tugira amasomo umuntu yiga akabona impamyabushobozi ariko hari n’andi twigisha by’igihe gito aha umuntu ubumenyi bukenewe mu kintu runaka. Aya na yo ari muri uwo mujyo, tuzajya duha abagore bari muri politiki amasomo y’igihe gito abafasha kumenya ibintu by’ingenzi nko kumenya uko bakwiyamamaza bagatsinda, kumenya kuba abayobozi beza n’ibindi.”
Senateri Bibiane Mbaye Gahamanyi yagaragaje ko kuva na kera mu Rwanda abagore yahoze ari nk’ishyiga ry’inyuma mu buzima bwa buri munsi bw’igihugu.
Ati “Ibyo ni byo byakomeje kuba mu Banyarwanda ndetse no muri Afurika muri rusange aho ubu uyu munsi abagore ari abarezi, abayobozi, abaharanira amahoro n’ubwigenge n’ibindi. Rero ntabwo uyu munsi turi kuvugira abagore ngo bahabwe ijambo ndetse n’amahirwe mu myanya y’ubuyobozi ahubwo turi no kubaka ahazaza ha demokarasi, dukomeza ibigo byacu ndetse no gushyira hamwe kugira ngo tugere ku ntego zacu.”
Depite Mukabalisa Germaine uri mu bazahabwa aya mahugurwa, yagaragaje ko azabafasha byinshi birimo kwigira ku bandi babaye abayobozi beza, kumenya kuba umuyobozi mwiza n’ibindi.
Ati “Muri aya masomo mwabonye ko tuzigana n’abandi baturutse mu bihugu bitandukanye, bari mu nzego zitandukanye za politiki, harimo ababaye abaperezida, harimo abayobozi benshi ku buryo no kwicara ahantu hamwe mugasangira ibitekerezo gusa ari amahirwe. Hari byinshi bazatwigiraho natwe tubigireho ibindi mbese ku buryo tuzava hano dufite ibyo tuzasangiza na bagenzi bacu batagize aya mahirwe.”
Aya mahugurwa azajya atangwa buri mwaka ndetse ku buntu aho hazajya hakirwa abayobozi batandukanye b’abagore bari mu rwego rwa politiki, mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.
ASG yatangijwe ku gitekerezo cya Perezida Paul Kagame n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Hailemariam Desalegn cyo gushinga ishuri rirera abayobozi ba Afurika b’ejo hazaza cyabaye impamo.
ASG yatashywe ku wa 25 Nzeri 2025 mu gikorwa cyayobowe na Perezida Kagame na Hailemariam Desalegn.
Ryatangiranye n’abanyeshuri 51 bo mu bihugu 14 bya Afurika birimo u Rwanda, u Burundi, Cameroon, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ethiopia, Ghana, Kenya, Mali, Nigeria, Sudani y’Epfo, Gambia, Tanzania, Uganda, na Zimbabwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!