00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagore barenga 200 bari mu kigo ngororamuco cya Gitagata basubijwe mu buzima busanzwe

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 5 March 2025 saa 11:12
Yasuwe :

Minisitiri w’Umutekano Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta yasabye abagore n’abakobwa bagororerwaga mu Kigo Ngororamuco cya Gitagata guhinduka by’ukuri, bakagendera kure ibikorwa bibi byatuma basubira kugororwa.

Ibi Minisitiri Biruta yabigarutseho ku wa 4 Werurwe 2025, ubwo habaga igikorwa cyo gusubiza mu buzima busanzwe abagore n’abakobwa 204 bamaze umwaka urenga bagororerwa mu Kigo Ngororamuco cya Gitagata, giherereye mu Karere ka Bugesera.

Ubwo Minisitiri Biruta yasozaga iyi gahunda yo kugorora aba bagore n’abakobwa 204 ku mugaragaro, yabibukije ko bari muri iki kigo kubera imyitwarire mibi, bityo babonye umwanya uhagije wo kwitekerezaho kugira ngo bafate umwanzuro ntakuka wo kuva mu bibi byose bahozemo.

Yagize ati “Ibikorwa bibi byabarangaga mutaraza hano birashoboka ko mwabireka burundu mubifashijwemo n’aya mahugurwa mumazemo iminsi, ndahamya ko mufite ubumenyi n’ubushobozi by’ibanze byabafasha gutandukana n’imico mibi no gutangira ubuzima bushya.”

Abagorerwaga muri iki kigo bose uko ari 204 bigishijwe imyuga irimo guteka, ubudozi, gutunganya imisatsi n’ibindi bizabafasha kwiteza imbere n’imiryango yabo.

Umulisa Joseline uri mu basubijwe mu buzima busanzwe yabwiye IGIHE ko yakoreshaga ibiyobyabwenge ariko inyigisho n’inama yagiriwe bigiye kumufasha gukora neza umwuga wo guteka yigishijwe.

Ati “Nageze hano narakoreshaga ibiyobyabwenge, nari umwari utarifatira umwanzuro, ntaritekerezaho, ariko nahawe inama n’ubukangurambaga butandukanye, nigishwa indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda kuko nari narazitaye, mu by’ukuri nta mwari w’u Rwanda ukwiriye kwiyandarika.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan yasabye gufasha abasubiye mu buzima busanzwe.

Ati “Icyo dusaba sosiyete ni ukudakomeza kubabona mu ndorerwamo bari babaziho ya kera, niba yari umujuru, indaya n’ibindi. Bamufate, bamwakire, bamwegere bamenye ko avuye mu mahugurwa, bamube hafi kuko nibatabikora azongera ahure na cya kibazo kuko abona ko sosoyete yamwanze.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, NRS igaragaza ko abarenga 7000 kuri ubu bari guhererwa amasomo ku bigo by’igororamuco birimo n’iki cya Gitagata.

Abayobozi basuye ibikorwa bitandukanye abagororwaga bigishijwe
Mu bagorowe harimo n'abagishijwe umwuga wo kudoda
Abagera kuri 204 ni bo basubijwe mu buzima busanzwe nyuma yo kumara umwaka urenga bagororwa
Minisitiri Dr. Vincent Biruta na Umulisa Joseline wahawe impamyabushobozi igaragaza ko yasoje amasomo yigishijwe yo guteka afite amanota meza
Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, Mufulukye Fred yasabye abagororwaga kwitwara neza muri sosiyete bagiyemo
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan yasabye Abanyarwanda kwakira neza abamaze kugororwa
Umuyobozi mukuru w'Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, Mufulukye Fred na Minisitiri Biruta bari bitabiriye igikorwa cyo gusubiza mu buzima busanzwe abagore n'abakobwa bagororerwaga i Gitagata
Abayobozi bo mu nzego zitandukanye n'abasubijwe mu buzima busanzwe
Hafashwe n'ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .