00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagore 15 bakoze ibikorwa by’indashyikirwa bahawe ibihembo na WILSa

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 24 March 2025 saa 05:11
Yasuwe :

Inama ihuriza hamwe abagore n’abakobwa bari mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi, Women in Leadership Summit (WILSa), yatanze ibihembo ku bagore n’abakobwa 15 bakoze ibikorwa by’indashyikirwa.

Ni igikorwa cyabaye ku wa 21 Werurwe 2025, aho mu bantu 45 bari mu byiciro 15, hatsinzemo 15 gusa.

Umwe mu batsindiye igihembo mu cyiciro cy’abagize impinduka muri sosiyete (Social Impact), Olivia Promise Kabatesi, yavuze ko kubona igihembo nk’iki bivuga ko ibyo akora hari abantu babibona ndetse babiha agaciro.

Yagize ati “Iyo ukoze ikintu kikagira uwo gihindurira ubuzima, kikagira aho kimukura n’aho kimugeza, wumva intego yawe urimo uyigeraho.”

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Batamuliza Mireille, yavuze ko ari iby’agaciro kubona abantu bahemba abagore bakoze ibikorwa by’indashyikirwa, kuko bibatera imbaraga.

Ati “Ni ubutumwa bwiza bubabwira ngo ibyo mukora biragaragara, ntabwo bibonwa nabo bigiraho ingaruka nziza gusa, ahubwo natwe nk’igihugu turabibona, kuko abenshi barimo hano ni abafatanyabikorwa batandukanye.”

Yakomeje avuga ko mu myaka myinshi ishize byari bigoye kubona urutonde rw’abagore bagize icyo bakora muri sosiyete rungana gutya, gusa kuri ubu basigaye ari benshi ku buryo n’iyo ugiye guhemba ubura uwo uhemba n’uwo ureka.

Umuyobozi w’ikigo cyigisha ibijyanye n’ubuyobozi cya Lead Access, Iris Irumva, yavuze ko bategura iki gikorwa kugira ngo batere imbaraga abagore n’abakobwa bakora ibikorwa by’indashyikirwa hano mu Rwanda, ariko bihe n’urugero abandi bakishakisha bafite inzozi zo kuzaba abantu bakomeye.

Yakomeje avuga ko binejeje kubona abagore bakorana, bashyize hamwe ndetse batabona bagenzi babo nk’abo bahanganye ahubwo bababona nk’abasenyera umugozi umwe.

Ati “Twabonye abagore baturaga ibihembo byabo abo bakoranye, ababafashije, abatumye bagira ibyo bitekerezo, n’abandi, kandi ibyo ni byo tuba dushaka. Turifuza kubona abandi bagore bakorana bakagira icyo bageraho kubera ko turi mu gihugu cyaduhaye amahirwe.”

Women in Leadership Summit and Awards [WILSa], ni inama ihuza abagore n’abakobwa bakora mu nzego zitandukanye, ndetse abakoze ibikorwa by’indashyikirwa bagahabwa ibihembo.

Itegurwa n’ikigo cyigisha ibijyanye n’ubuyobozi ndetse n’imiyoborere cya Lead Access, aho iha urubuga abari n’abategarugori biteje imbere mu nzego zitandukanye bagasangira ibitekerezo na bagenzi babo bakiri kwiteza imbere.

Abatsinze bose hamwe
Iris Irumva yavuze ko bakeneye kubona abagore benshi bashyigikirana
Lead Access niyo itegura WILSa
Umunyamabanga uhoraho muri MIGEPROF, Batamuliza Mireille atanga igihembo
Umuyobozi wa PSF, Jeanne Françoise Mubiligi yavuze ko binejeje kubona aho abagore bageze biteza imbere ariko bakwiye gukomereza aho
Umunyamakuru Scovia Mutesi ari mu batsindiye ibihembo
Umunyamabanga uhoraho muri MIGEFROF yavuze ko kera kubona abagore bangana gutya bakoze ibikorwa by'indashyikirwa bitashobokaga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .