00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abafatabuguzi ba MTN bageze kuri miliyoni 7,4

Yanditswe na Ndahayo Emmanuel
Kuya 8 May 2024 saa 03:23
Yasuwe :

Abafatabuguzi ba MTN Rwandacell Plc bageze kuri miliyoni 7,4 mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka, cyarangiye ku itariki ya 31 Werurwe uyu mwaka. Iyi ni inyongera ya 7% ugereranyije n’igihembwe cya mbere cy’umwaka ushize.

Ku rundi ruhande, amafaranga MTN Rwanda yinjije iyakuye muri serivisi icuruza nayo yazamutseho 2,3%, igera kuri miliyari 58,9 Frw.

Mobile Money Rwanda Ltd (MMRL) ikigo cya MTN Rwanda gitanga serivisi zo kohererezanya amafaranga, nacyo cyabonye izamuka rishimishije ry’amafaranga cyinjije, yazamutse ku kigero cya 31,5% muri uyu mwaka ugereranyije n’umwaka ushize.

Ku rundi ruhande, abakoresha serivisi za MoMo barazamutseho 16,8%, bagera kuri miliyoni 5,1 muri iki gihembwe.

Mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka, cyarangiye ku itariki ya 31 Werurwe, abakoresha internet ya MTN Rwanda biyongereyeho 13,6% bagera kuri miliyoni 2.5 z’abakiliya, izamuka rishimishije cyane cyane nyuma y’uko iki kigo cy’itumanaho gishyize ku isoko telefoni za Ikosora+ ziri ku giciro gito cyane, dore ko zigurishwa ku bihumbi 20 Frw.

Ibi byafashije abakiliya ba MTN mu kubona telefoni zihendutse kandi mu buryo bworoshye, zishobora kubafasha gukoresha ikoranabuhanga, na cyane ko ibiciro bya internet nabyo bidakanganye.

Ku rundi ruhande ariko, amafaranga yinjijwe na MTN Rwanda muri iki gihembwe yagabanutseho 10,4% igera kuri miliyari 24,2 Frw.

Iri gabanuka ryatewe n’impamvu zirimo igabanuka ry’abakoresha ifatabuguzi rya telefoni mu guhamagara ndetse n’izamuka ry’amafaranga yakoreshejwe mu bikorwa byayo.

Abafatabuguzi ba MTN bageze kuri miliyoni 7,4

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .