Ibi yabigarutseho ku wa 21 Kamena 2026, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi no gushyingura mu cyubahiro imibiri 43 y’Abatutsi yimuwe, cyabereye ku Rwibutso rw’Akarere ka Nyanza, ruri mu Murenge wa Busasamana.
Mu kiganiro yagejeje ku bari bitabiriye iki gikorwa, Dr. Bizimana, yagaragaje ko urwango rwagiye ruminjirwa henshi hagamijwe gutatanya Abanyarwanda, hagashimangirwa ko Abatutsi bakandamije Abahutu igihe kirekire ku ngoma ya cyami, ndetse ko igihe kigeze kugira ngo Abahutu nabo bigaranzure.
Yerekanye ko abantu benshi bagiye mu mujyo w’uru rwango rwakongezwaga n’ishyaka PARMEHUTU, maze bararushyigikira, bagaragaza ko Abahutu n’Abatutsi ntaho bahuriye ndetse ko batagomba no kubana.
Dr. Bizimana yagaragaje ko urwo rwango n’ingengabiterezo mbi rwanageze mu madini, atanga urugero rwa Korali y’Abadivantisiti y’i Gitwe mu Karere ka Ruhango (agace katari kure cyane ya Nyanza), yahimbiye indirimbo isingiza uwari Perezida w’u Rwanda, Kayibanda Grégoire, aho yagereranyijwe na Musa, wavuzwe cyane mu gitabo cy’iyobokamana cyitwa Bibiliya ko yakuye Abayisiraheri mu buretwa bw’Abanyegiputa (Abanyamisiri).
Ati “Korari y’Abadivantisiti y’i Gitwe yahimbiye indirimbo Perezida Kayibanda imugereranya na Musa w’Abahutu Imana yabageneye ngo aze ashinge ishyaka ribavane mu buja n’ubucakara bw’Abatutsi nk’uko Imana yohereje Musa muri Egiputa ikajya kuvanayo Abayisiraheli ikabarokora.”
Dr. Bizimana yagaragaje ko iyo hataba inyandiko, imvugo mbi n’indirimbo z’urwango byigishijwe igihe kirekire kandi bishyigikiwe n’ubutegetsi, nta Banyarwanda bari kwicwa cyangwa se abandi ngo bahinduke abicanyi, ibyo yahereyeheyo asaba abantu kuzibukira inyigisho mbi.
Yagaragaje ko amateka akwiye kwigishwa neza hagamijwe gukuramo isomo, kugira ngo ababyiruka batandukanye ikibi n’icyiza bakure bigishwa amahoro n’urukundo, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no guharanira ukuri.
Yagize ati ‘‘Iyi ngengabitekerezo muyimenye kugira ngo mumenye ibibi byayiranze mubikumire, turinde Igihugu cyacu, bityo dufashe ubuyobozi bw’Igihugu bwiza dufite, kuko ni ubuyobozi noneho buha icyerekezo cyiza buri Munyarwanda. Ni ibintu bitigeze bibaho ku butegetsi bwa Perezida Kayibanda na Habyarimana, byaherukaga ku gihe cy’Abami. Ubuyobozi bwacu rero tugomba kuburinda, kubukunda no kubwubaha."



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!