Mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01 Nyakanga 2015, Umuyobozi Mukuru wa CHIC, Ngabonziza Tharcisse, yavuze ko iki gikorwa kiri mu rwego rwo kwanga agasuzuguro k’abongereza ndetse no kwihesha agaciro.
Yagize ati “Ni ukwanga agasuzuguro k’ abazungu bashaka kudukoresha ibyo bishakiye. Hariho ikibazo cy’ Umunyarwanda bafunze bamurenganya, kugirango bamurekure hasabwa ko hatangwa ingwate y’ amafaranga menshi, nk’ abikorera ku giti cyacu twemeza ko aya mafaranga natwe twashyiraho inkunga yacu.”
Lt.Gen. Emmanuel Karenzi Karake yatawe muri yombi na polisi y’ u Bwongereza kuwa 20 Kamena 2015, kubw’ impapuro zo kumufata zashyizweho n’ umucamanza Merelles wo muri Espagne, arekurwa by’agateganyo kuya 25 Kamena 2015, atanze ingwate ya miliyoni imwe y’amapawundi, agera kuri miliyari imwe y’Amafaranga y’ u Rwanda.
Abikorera ku giti cyabo mu Rwanda hatangiye ikigega “Ishema Ryacu”, hakusanywa amafaranga yo kwishyura iyo ngwate.
Nyuma y’ uko CHIC yari imaze gutanga umusanzu wa miliyoni 15 z’ Amafaranga, Ngabonziza Tharcisse uyobora iri huriro ry’ abacuruzi yavuze ko bifuza gushishikariza abandi banyarwanda gutanga umusanzu wabo muri iki kigega.
Yakomeje agira ati “Mu rwego rwo kwigira no kurwanira ishema ryacu, twumva buri Munyarwanda wese uko afite, yagira icyo akora. Iki gikorwa ni icyacu nk’ Abanyarwanda, duharanire ishema ryacu. Tugomba kukigira icyacu, tukabigiramo uruhare rukomeye.”
Ntazinda Augustin umwe mu bagize inama y’ ubuyobozi ya CHIC, yavuze ko agaciro k’ umuntu kagomba kuva mu byo akora, bityo ngo kuba ikigo bahuriyemo cyatanze umusanzu, buri munyamuryango nawe akwiye kugira umusanzu wihariye atanga.
Champion Investment Corporation, CHIC, ihuriwemo n’ abacuruzi 59 b’abanyarwanda bakora ubucuruzi butandukanye bishyize hamwe ku mpamvu bavuga ko zigamije guteza imbere igihugu ndetse nabo ubwabo batisize. Kuri ubu bari kuzuza inyubako y’ubucuruzi nini kurenza izind mu Rwanda ifite metero kare 52,000, yubatswe mu buryo bugezweho iri hafi ya gare nshya, mu Mujyi wa Kigali rwagati.
Biteganyijwe ko iyi nyibako izatangira gukorerwamo n’ abacuruzi babyifuza, guhera muri Nzeri uyu mwaka wa 2015.



















TANGA IGITEKEREZO