Iyirukanwa ry’aba bacamanza ryatangajwe n’umugenzuzi w’inkiko, avuga ko Inama Nkuru y’Ubucamanza yirukanye burundu Banashenge Victoire wari umwanditsi mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga; Mushimiyiryo Pacifique wari Umucamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga; Mugabutwaza Munyeshyaka Vincent wari umucamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Rusizi na Shumbusho Abraham wari Umucamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe.
Aba bose ntihasobanuwe impamvu zatumye basezererwa uretse kuvuga ko ari “kubera amakosa akomeye”, gusa kuri uyu wa Gatanu, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko bakurikiranyweho ibyaba bya ruswa.
Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twitter buvuga ko “RIB yataye muri yombi abacamanza babiri n’umwanditsi umwe w’urukiko ku birego bya ruswa byatanzwe n’abari bafite ibirego mu nkiko.”
“Abacamanza ni Mushimiyiryo Pacifique, umucamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga na Munyeshyaka Vincent umucamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Rusizi. Umwanditsi w’urukiko ni Banashenge Victoire ukora mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga.”
Bose bafungiye kuri station za RIB ku Kimihurura, Kicukiro na Kimironko, dosiye zabo ziri gukorwa kugira ngo zohererezwe ubushinjacyaha.
Mu bandi bakuwe mu kazi n’iyi nama harimo abasezerewe nta mpaka nka Mukahirwa Clementine wari Umwanditsi mu rukiko rw’ubujurire; Rukenura Kiyonga Pacifique, Umushakashatsi mu byerekeye amategeko.
Nyuma y’uko aba bacamanza birukanwe, RIB yatangaje ko babiri muri bo n’umwanditsi w’urukiko batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha bya ruswa.
The two judges are; Mushimiyiryo Pacifique, a Judge at Muhanga Intermediate Court and Mugabutwaza Vincent, Judge at Rusizi Intermediate Court. The court registrar is Banashenge Victoire, working at Muhanga Intermediate Court.@Rwanda_Justice @ProsecutionRw @RwandaJudiciary
— Rwanda Investigation Bureau (@RIB_Rw) December 6, 2019



















TANGA IGITEKEREZO