00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

50% by’impunzi zo mu Rwanda zigiye gufashwa kwigira zive ku nkunga

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 1 July 2026 saa 08:55
Yasuwe :

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), yatangaje ko hashyizeho gahunda y’imyaka itanu yo gufasha impunzi kuva ku guhabwa inkunga z’imiryango itandukanye zigatangira kwitunga aho biteganyijwe ko hazafashwa 50% by’impunzi ziri mu Rwanda kwiyubakamo ubushobozi no kwigira.

Ibi byatangajwe ku wa 30 Kamena 2026 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe impunzi.

U Rwanda rucumbikiye impunzi n’abasaba ubuhungiro barenga ibihumbi 139 biganjemo abaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no mu Burundi.

Bagiye bashyirwa mu nkambi ziri hirya no hino mu gihugu zirimo iya Mahama mu karere ka Kirehe, Kiziba mu karere ka Karongi, Kigeme mu karere ka Nyamagabe, Nyabiheke muri Gatsibo, na Mugombwa muri Gisagara.

Ikibazo cy’imfashanyo zihabwa impunzi zidahagije cyagiye kigarukwaho cyane ndetse mu 2025 Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa (PAM) ryatangaje ko niritabona inkunga ya miliyoni 10$, muri Nzeri 2025 rizahagarika amafaranga risanzwe ryoherereza impunzi n’abasaba ubuhungiro mu Rwanda.

Abatuye mu nkambi nabo bagaragaza ko inkunga bagenerwa ari nke cyane ku buryo hari igihe bisanga umuntu agenerwa amafaranga make cyane kandi akaba asabwa kuyabaho mu kwezi kose nk’uko byavuzwe na Prince Ndungutse uba mu nkambi ya Mugombwa.

Ati “UN ntabwo iduha inkunga zihagije, urugero nk’ibyo kurya kuko tuba mu byiciro bigiye bitandukanye, hari igihe usanga umuntu atunzwe n’ibihumbi bitatu gusa ku kwezi nawe urumva ukuntu biba bimeze. Ntabwo bihagije ku buryo umuntu atagura n’ibintu by’ibanze umuntu akenera mu gihugu ariko nyine turagerageza tugashaka uko tubaho kubera Imana.”

Minisitiri w’Ibikorwa By’Ubutabazi, Maj Gen (Rtd) Albert Murasira, yagaragaza ko iki kibazo kizwi ndetse batangiye kugira icyo bagikoraho binyuze muri iyi gahunda.

Ati “Impunzi zinganya uburenganzira n’abandi Banyarwanda kuko zemerewe gukora, kugenda mu gihugu, gutunga indangamuntu cyangwa indangampunzi, ziriga, ndetse zemerewe gutunga imitungo mu gihugu. Iyo yari intambwe ya mbere ubu ikurikiye ni ukureba uko bakikura mu bukene bakareka gutungwa n’imfashanyo ahubwo bakitunga.”

Iyi gahunda biteganyijwe ko izarangira mu 2030, aho impunzi zizafashwa binyuze mu bikorwa bitandukanye birimo kuzishyira mu makoperative, gufasha imishinga igiye itandukanye, gufatanya n’abikorera ndetse n’ibigo by’imari gufasha no kudaheza impunzi n’ibindi.

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi (UNHCR) mu Rwanda Ritu Shroff, yavuze ko kubera ibibazo by’amakimbirane impunzi zirushaho kugenda ziyongera hirya no hino ku Isi nyamara inkunga yazo itiyongera ahubwo igabanuka ari yo mpamvu hari hakenewe ubundi buryo burambye bwo kuzifasha.

Ati “Impunzi ntabwo zikwiye kubonwa nk’abantu bavuye mu byabo gusa kuko impunzi zirimo abacuruzi, abahinzi, abarimu, abageni, banahanga ibishya n’indi mirimo. Bafite impano ndetse n’imbaraga icyo bari bakeneye ni guterwa inkunga gusa.”

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP) mu Rwanda Dr. Fatmata Lovetta Sesay, yavuze ko ahantu hose hari impunzi ako gace ubukungu bwaho butera imbere kubera urujya n’uruza rw’abantu ndetse no gushaka imirimo kwazo muri ako gace.

Ati “Mwibaze abo bantu byagenda bite bongerewe ubushobozi. Kuko aba ni abantu bagaragaje ubushake bwo gukora n’imbaraga icyo babura ari amahirwe gusa. Kuko nyuma yo kuba impunzi nabo bakeneye kugira ubizima bwiza, gutera imbere n’ibindi byose kuko ni abantu.”

Icyakora Impunzi zishimira ko u Rwanda rukomeza gukora ibishoboka ngo zitabweho ugereranyije n’amakuru bahabwa na bagenzi babo bahungiye mu bindi bihugu.

U Rwanda rwizihije umunsi Mpuzamahanga wahariwe Impunzi
Umuyobozi Mukuru wa UNDP mu Rwanda Dr. Fatmata Lovetta Sesay, yavuze ko impunzi zisanzwe zirimo abakozi icyari gikenewe ari kububakira ubushobozi
Umuyobozi Uhagarariye impunzi mu Rwanda, Patrice Ntadohoka yashimiye u Rwanda ko rukomeza gukora ibishoboka ngo rwite ku mpunzi ugereranyije n'izagiye mu bindi bihugu
Inzego z'abikorera, iza leta ndetse n'imiryango itandukanye byiyemeje gufasha impunzi kwigira
U Rwanda rwiyemeje gufasha 50% by'impunzi kuva mu bukene zikabasha kwitunga aho gutungwa n'imfashanyo bitarenze 2030

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages