Prof Emile Bienvenu ari mu bantu RIB yerekanye ku wa 13 Kanama 2026. Aberekanywe bose ni abakozi ba Leta barimo 10 bakorera Rwanda FDA.
Harimo kandi abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gitsura Ubuziranenge (RSB), hamwe n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko kuva ku wa 20 Nyakanga 2026 hamaze gutabwa muri yombi abantu 104 bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gutunganya ibinyobwa bisembuye bitujuje ubuziranenge, muri bo 97 bakaba barakorewe dosiye ndetse zishyikirizwa Ubushinjacyaha.
Ati “Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko hari ibyangombwa yagiye atanga adashingiye ku myanzuro ya ka kanama ka tekinike [Internal Technical Licensing Committee.] Twumvise neza ko kariya kanama umwanzuro wako ari wo ashingiraho.”
Yatanze urugero ku bugenzuzi bwakozwe ku ruganda rukora ibinyobwa bisembuye hasangwamo imashini ikamura umutobe ufite ingese nyinshi.
Ati “Ni ikintu giteye ubwoba utareka, biza kurangira urwo ruganda rwahawe icyangombwa kandi noneho icyemezo cyo gutanga icyangombwa kidashingiye ku mwanzuro w’akanama ka tekiniki. Iperereza ryagaragaje ko tariki 23 Mata 2026 Umuyobozi Mukuru wa Rwanda FDA yatanze icyangombwa cyitwa FBO [Food Business Operations License] ihabwa umuntu wujuje ibyangombwa bitatu…ku itariki 19 Gicurasi ako kanama kasuzumye raporo y’abagenzuzi bemeza ko uru ruganda rudahabwa iki cyangombwa. Ariko byumvikane ko basuzumye icyangombwa cyamaze gutangwa.”
Ni nyuma y’uko mu Rwanda hafunzwe inganda zirenga 150 zakoze ibinyobwa bisembuye bitujuje ubuziranenge.
Inkuru irambuye ni mukanya



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!