00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Ukekwaho ubujura yapfuye ahunga uwari ugiye kumufatira mu cyuho

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 25 February 2025 saa 07:23
Yasuwe :

Harerimana Jean Claude w’imyaka 28 ukekwaho ubujura, yaguye mu cyobo arapfa, ubwo yahungaga abari bagiye kumufatira mu cyuho ari kwiba.

Ni inkuru yamenyekanye ku wa 24 Gashyantare 2025. Byabereye mu Mudugudu wa Bigega, Akagari ka Gahondo, mu Murenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza.

Amakuru avuga ko ahagana Saa Munani n’Igice z’amanywa, uyu musore yagiye kwiba mu rugo rw’umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 80, maze atangiye kwica idirishya, hanyura undi umugore wahise abona ibyo Harerimana yarimo gukora, ahita atabaza, ibyatumye uyu mujura ahunga. Mu kwiruka kwe, yaguye mu cyobo bimuviramo urupfu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye IGIHE ko “ubu umurambo wajyanywe ku Bitaro bya Nyanza gukorerwa isuzuma.”


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .