00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Access Bank yahuje imbaraga na RBC mu gupima kanseri y’ibere ku buntu

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 21 March 2025 saa 10:14
Yasuwe :

Buri mwaka mu kwezi mpuzamahanga kw’abagore, Access Bank Rwanda Plc itegura ibikorwa bitandukanye biteza imbere abagore. Ni muri urwo rwego uyu mwaka yifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, mu gikorwa cyo gupima kanseri y’ibere ku buntu.

Ni igikorwa cyateguriwe Abanyarwanda, by’umwihariko abagore, kugira ngo bamenye uko bahagaze, barusheho kwita ku buzima bwabo.

Umuyobozi ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa n’Itumanaho muri Access Bank, Kelly Sesonga, yavuze ko iki gikorwa gitegurwa mu kwezi kwahariwe umugore kugira ngo bishimire iterambere rye ariko banabungabunga ubuzima bwe.

Yagize ati “Intego yacu ni ugufasha Abanyarwanda muri rusange ndetse n’abakiliya bacu kumenya uko bahagaze no kubakangurira kwita ku buzima bwabo.”

Umukozi mu ishami rishinzwe kurwanya indwara za kanseri muri RBC, Hagenimana Marc, yavuze ko kanseri y’ibere ari yo kanseri yiganje mu Rwanda, aho mu 2024, abagore 639 bayisanzwemo.

Hagenimana yavuze ko kanseri ari indwara igoye kuyirinda, ndetse ko itinda kugaragaza ibimenyetso, ari yo mpamvu umuntu akwiye kwihutira kujya kwa muganga kwisuzumisha mu gihe abonye impinduka ku ibere.

Yavuze ko iyo kanseri y’ibere imenyekanye hakiri kare ivurwa igakira, ariko iyo umuntu atinze kuyivuza, aba atakibashije kuvurwa ngo akire.

Yavuze ko iki gikorwa bafatanyijemo na Access Bank kiri mu bukangurambaga bugamije gusobanurira Abanyarwanda kanseri ndetse no kubakangurira kwisuzumisha hakiri kare.

Yagize ati “Ni ubufatanye na Access Bank bugamije gushishikariza abantu kugira ubumenyi kuri kanseri y’ibere, tukabasuzuma. Dufite abaganga bari kubasuzuma kugira ngo abo tuyibonamo, tubahe ubuvuzi bukwiye.”

Imibare y’Ikigo gikusanya imibare kuri kanseri ku Isi, Globocan, igaragaza ko mu Rwanda abantu 7000 basangwamo kanseri buri mwaka, igatwara ubuzima bw’abarenga 50%.

Mbere yo gusuzuma abagore babanzaga kuganirizwa kuri kanseri y'ibere
Marc Hagenimana ukora mu ishami rya RBC rishinzwe kurwanya kanseri yavuze ko ari ngombwa ko abantu bisuzumisha kenshi indwara ya kanseri y'ibere kuko itinda kugaragaza ibimenyetso
Ku bufatanye bwa RBC na Access Bank abagore batandukanye basuzumwe kanseri y'ibere
Abitabiriye bose basobanuriwe kanseri y'ibere ndetse baranasuzumwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .