00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwanditsi Chinua Achebe yapfuye

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 22 March 2013 saa 01:19
Yasuwe :

Albert Chinualumogu Achebe uzwi cyane ku izina rya Chinua Achebe, umwanditsi w’ibitabo wo mu gihugu cya Nigeria, yapfuye ku myaka 82 azize indwara itavuzwe iyo ari yo.
Ikinyamakuru Premium Times kivuga ko urupfu rwe rwabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Werurwe 2013, akaba yaguye i Boston muri Leta ya Massachussets muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umuntu uri hafi y’umuryango we yavuze ko Prof Achebe yari amaze igihe arwaye, akaba yari arwariye i Boston ariko yirinda (…)

Albert Chinualumogu Achebe uzwi cyane ku izina rya Chinua Achebe, umwanditsi w’ibitabo wo mu gihugu cya Nigeria, yapfuye ku myaka 82 azize indwara itavuzwe iyo ari yo.

Ikinyamakuru Premium Times kivuga ko urupfu rwe rwabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Werurwe 2013, akaba yaguye i Boston muri Leta ya Massachussets muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Umuntu uri hafi y’umuryango we yavuze ko Prof Achebe yari amaze igihe arwaye, akaba yari arwariye i Boston ariko yirinda kugira ikirenze atangaza.

Darlene Trewcrist, Umuvugizi wa Kaminuza David and Marianna Fisher ya Brown Achebe yigishagamo kugeza ubwo yarwaraga na we ngo ntacyo yavuze kuri uru rupfu.

Prof Chinua Achebe yamenyekanye ku bwanditsi cyane cyane ubw’igitabo Things Fall Apart kinigishwa mu Rwanda.

Things Fall Apart ni cyo gitabo cya mbere yashyize ahagaragara, kikaba cyaragiye ahagaragara mu 1958; kikaba kivuga ku mico ya Afurika n’iy’Abakoloni kinenga abantu bashakaga kuyoboka umuco w’Abanyaburayi bagasiga uwabo gakondo.

Hari abandi banditsi ba Nigeria bazwi mu gihe kimwe na Achebe nka Ben Okri na Wole Soyinka, ariko Achebe agafatwa nka mukuru wabo kandi ubarusha ubuhanga.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages