00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Ebola yashyirishije mu kato abarenga 243, ariko ngo bari kuyihashya

Yanditswe na

Ntirenganya Jotham

Kuya 14 August 2012 saa 05:59
Yasuwe :

Abaganga bo muri Uganda batangaje ko kurwanya virusi itera Ebola bigeze kure, ariko ntibarayirandura burundu, kugeza ubu hari abarwayi 9 bakiri mu bitaro by’agace kibasiwe, abandi basaga 243 bahawe akato na bagenzi babo.
Muri abo 9 bari mubitaro, harimo 2 bajyanyweyo mu mpera z’icyumweru gishize nk’uko Minisiteri y’Ubuzima yabitangaje. Minisitiri yaravuze ati “Turahamyako kurwanya Ebola bigeze kure ariko ntibirarangira neza”.
Icyorezo cya Ebola kiramutse gihagaze uyu munsi, cyaba (…)

Abaganga bo muri Uganda batangaje ko kurwanya virusi itera Ebola bigeze kure, ariko ntibarayirandura burundu, kugeza ubu hari abarwayi 9 bakiri mu bitaro by’agace kibasiwe, abandi basaga 243 bahawe akato na bagenzi babo.

Muri abo 9 bari mubitaro, harimo 2 bajyanyweyo mu mpera z’icyumweru gishize nk’uko Minisiteri y’Ubuzima yabitangaje. Minisitiri yaravuze ati “Turahamyako kurwanya Ebola bigeze kure ariko ntibirarangira neza”.

Icyorezo cya Ebola kiramutse gihagaze uyu munsi, cyaba gihitanye Abagande 16 ahitwa i Kibale kuva muri Nyakanga, akarere kari mu biro metero 50 ugana ku mu paka wa Uganda na Congo.

Kugeza ubu hari abantu basaga 165 bakurikiranirwa hafi, kandi abasaga 243 bakekwaho kwegerana n’abafashwe na Ebola bagenzibabo basigaye babanena nkuko Kaggwa wavugiye Minisiteri yabitangaje.

Uwanduye Ebola agaragaza ibimenyetso nyuma y’iminsi 21, akava amaraso, akarwara n’umutwe n’ibindi.

Ebola yaherukaga guhitana abantu 37 mu mwaka wa 2007, naho mu mwaka wa 2000 hapfuye abasaga 170.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages