Byatangiriye ku miryango 214 itishoboye. Iri gufashwa mu buryo burimo guhinga ikawa kinyamwuga, guhabwa ihene n’amafaranga ibihumbi 125 Frw kuri buri muryango.
Ni igikorwa cyatangijwe ku wa 5 Ukuboza 2025, aho abaturage 214 bo mu mirenge ya Kabarondo na Rwinkwavu bahawe ihene 428, ni ukuvuga ihene ebyiri kuri buri muryango, bahabwa ibiti bya kawa ibihumbi 80, ibiti bivangwa n’imyaka 3500 n’insina zivangwa na kawa 2500 byose hamwe bifite agaciro ka miliyoni 89 Frw.
Abahereweho ku bufatanye n’abafatanyabikorwa ni abaturage bahurijwemo amahirwe mpurirane abafasha kwikura mu bukene, arimo ibihumbi 125 Frw bahabwe yo gukora imishinga mito, aya mafaranga bayasubiza nyuma y’imyaka itatu nta nyungu.
Ndayisaba Emertha yavuze ko yiteguye guhabwa ibiti by’ikawa bikamufasha kwiteza imbere afatanyije n’amafaranga yahawe ibihumbi 125 Frw ku buryo byose bizamufasha kuva mu bukene agatera imbere.
Mugwaneza Theoneste we yavuze ko guhabwa ihene n’ibindi nkenerwa nta gushidikanya kuko bizabafasha kwikura mu bukene mu buryo bugaragara.
Yagize ati “ Twigishijwe ko amatungo magufi usanga ifumbire yayo igira akamaro cyane kurusha iy’amatungo maremare, ibi bizadufasha kongera umusaruro.’’
Muri iyi myaka ibiri iri imbere ni ukuvuga kuva mu 2025-2027 Akarere ka Kayonza kari gufasha abaturage 7000 kwikura mu bukene aho bagenda bahuzwa n’amahirwe mpurirane aba ari muri ako Karere, ni mu gihe mu myaka ibiri ishize abaturage 6000 bafashwaga ariko kuri ubu bakaba baramaze kwiteza imbere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!