Kuri uyu Gatanu, tariki ya 7 Ukuboza 2012, i Dar es Salaam muri Tanzaniya, harateranira inama y’iminsi ibiri ihuje Abayobozi b’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo SADC (Communauté d’Afrique Australe) kugira ngo higwe ku kibazo cy’intambara ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amakuru dukesha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, avuga iyo nama yitabirwa kandi na Perezida wa Congo Joseph Kabila. Ibi bibaye mu gihe i Kampala habera ibiganiro hagati y’intumwa za Congo-Kinshasa n’abayobozi b’umutwe wa M23 wigometse ku butegetsi.
Nkuko RFI ikomeza ibitangaza, Perezida Kabila yahisemo kwitabira inama ya SADC aho kujya mu biganiro hagati y’intumwa z’igihugu cye na M23, nk’uko yabisabwe n’inyeshyamba.
Amakuru aturuka ku ruhande rw’inyeshyamba avuga ko kuko Perezida Kabila atazajya i Kampala, M23 yafashe icyemezo cyo kwohereza mu biganiro abayobozi bakuru mu rwego rwa politiki na gisirikare, ariko batarimo Umukuru wa M23 mu rwego rwa politiki, Jean-Marie Runiga, n’uwa gisirikare Colonel Makenga.
Muri iyo nama iyoborwa na Armando Guebuza, Perezida wa Mozambique akaba n’Umuyobozi wa SADC w’iki gihe, harigirwamo kandi n’ibibazo bya politiki biri muri Madagascar bimaze imyaka ine.
SADC igizwe n’ibihugu 14, aribyo ; Afurika y’Epfo, Angola, Botwana, Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lesotho, Malawi, Maurice, Mozambique, Namibie, Seychelles, Swaziland, Tanzaniya, Zambiya na Zimbabwe.



















TANGA IGITEKEREZO