Uwahoze akorana na Osama bin Laden muri Sudan mu 1990, Hassan al-Turabi, yatangaje ko yifuriza Barack Obama kuzongera gutorerwa indi manda mu matora ateganyijwe ku wa kabiri tariki ya 6 Ugushyingo 2012.
Mu kiganiro Turabi yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, yavuze ko we yumva Obama yatsinda amatora kubera ko ngo akiri muto yakuriye mu bihugu by’Abayisilamu nka Indonesia ndetse ngo na se umubyara akaba yari umuyisilamu wo muri Kenya.
Turabi yagize ati “Barack Obama yego akoresha ijambo ‘abakora ibikorwa by’iterabwoba’ ariko ntabwo ameze nka George W. Bush kuko we yarikoreshaga cyane.”
Obama, wo mu ishyaka ry’abademukarate, ahanganye mu matora na Mitt Romney uturuka mu ishyaka rimwe na Bush ry’Abarepubulika.
Barack Obama usanzwe ari umukirisitu, afite ibigwi muri Amerika byo kuba yarahitanye umukuru wa Al-Quaeda, Osama bin Laden mu 2011. Yatorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2008, arangije manda ya mbere, ubu akaba ahanganye na Mitt Romney kuri manda ya kabiri yemererwa n’amategeko.
Amatora ya Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika ategerejwe ku wa kabiri tariki ya 6 Ugushyingo, hagatorwa uzayobora icyo gihugu mu myaka ine iri imbere.
Hassan al-Turabi yagize uruhare rukomeye mu gushyira ku butegetsi Perezida Omar al-Bashir muri Sudan mu 1989, ubwo Bashir yafata ubutegetsi ku ngufu. Turabi yabaye umusirikare mu ngabo za Sudan ariko akorana na Osama bin Laden bya hafi mu 1990.



















TANGA IGITEKEREZO