Amakuru aturuka mu gihugu cya Misiri, aravuga ko kuri uyu wa 17 Ugushyingo impanuka ikomeye yahitanye abana bagera kuri 47 ubwo bisi yari ibatwaye yagongwaga na gariyamoshi mu gace ka Manfalut gaherereye mu bilometero 350 uvuye mu murwa mukuru Cairo.
Amakuru dukesha BBC avuga ko iyi bisi yari itwaye abana bagera kuri 60 bari hagati y’imyaka ine n’itandatu bavuye ku ishuri.
Impanuka ikimara kuba Minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu muri iki gihugu yahise yegura ku mwanya we.
Televiziyo ya Leta ya Misiri iratangaza ko Perezida Mohammed Mursi yahise atangaza ko imiryango y’aba bana byahita ifashwa ku buryo bwihuse.



















TANGA IGITEKEREZO