I Libreville muri Gabon, kuri uyu wa cyenda Mutarama 2013 hatangiye ibiganiro bihuza impande zirwana muri Centrafrique, ni ukuvuga guverinoma y’iki gihugu n’umutwe wa Séléka.
BBC ivuga ko inyeshyamba za Séléka ubu zafashe imijyi myinshi ikomeye mu byumweru bishize, zikaba zikomeje no kototera umurwa mukuru Bangui.
Perezida Francois Bozizé yari yabanje kwanga kuganira n’izi nyeshyamba, ariko nyuma yo gukomeza kumwotsa igitutu yageze aho ava ku izima.
Ibi biganiro biyobowe n’Umuryango w’Ibihugu byo mu karere ka Afurika yo hagati, ECCAS.



















TANGA IGITEKEREZO